Minisante yatangaje inkomoko ya Marburg imaze iminsi yibasiye u Rwanda

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, yatangaje ko hamenyekanye inkomoko y’icyorezo cya Marburg cyibasiye u Rwanda, aho ubushakashatsi bwakozwe bwagaragaje ko cyaturutse ku ducurama.

Yasabye Abaturarwanda kutirara mu ducurama ngo batugirire nabi, ahubwo ko igikenewe ari ukwirinda kwegera aho dukunze kuba cyane cyane mu buvumo.

Mu butumwa bwanyuze ku mbuga za Minisiteri y’Ubuzima kuri iki Cyumweru, Dr Nsanzimana yavuze ko ari amakuru meza kuba inkomoko y’iki cyorezo yamenyekanye.

Ati “Twaje kumenya ko iyi virusi yavuye mu nyamaswa by’umwihariko mu ducurama dukunda kurya imbuto, ni ho iyi virusi yaturutse ijya ku murwayi wa mbere. Kubimenya kare birafasha kugira ngo ibyorezo nk’ibi tubashe kubirwanya n’ahandi hose byaba biri.”

Inkuru yatangajwe na IGIHE ivuga ko Dr Sabin Nsanzimana yasabye Abaturarwanda kutagirira nabi uducurama bashingiye ku kuba ari two twavuyeho iyo ndwara, agaragaza ko kutwirinda bishoboka tutagiriwe nabi.

Ati “Kurwanya uducurama kwaba ari ukwibeshya kuko utu ducurama ubundi tuba mu buvumo, ntabwo dukunda kuba ahari abantu. Igihe abantu badusanze ni bwo bashobora kwandura. Kutwamagana ntabwo ari wo waba ari umuti wo gukemura ikibazo ndetse bizwi ko tugira n’urundi ruhare rufitiye umumaro ibindi dukora. Nko mu buhinzi tugira uruhare mu kubangurira ibindi bihingwa ku kigero cya 40 %.”

Mu kwezi gushize icyorezo cya Marburg kigaragaye mu Rwanda, abantu 65 ni bo bamaze kucyandura, mu gihe abo cyahitanye ari 15. Ni mu gihe abantu 47 bamaze gukira, naho batatu baracyari kuvurwa.

Imibare ya Minisiteri y’Ubuzima yo kuri iki Cyumweru igaragaza ko abamaze gukingirwa ari 1583.

Minisitiri Nsanzimana yavuze ko kuba hashize iminsi irindwi nta muntu iki cyorezo gihitanye bitanga icyizere ko ingamba zafashwe mu kwita ku barwaye no kurinda abandi kwandura, ziri gutanga umusaruro.

By Jean de Dieu UDAHEMUKA

  • Related Posts

    Gupima imyotsi y’ibinyabiziga biratangira ku wa 18 Kanama 2025, dore ibisabwa

    Kuva tariki ya 18 Kanama 2025, u Rwanda ruzatangira gupima imyotsi ihumanya ikirere iva mu binyabiziga bidakoresha amashanyarazi, hagamijwe kuzamura ubuziranenge bw’umwuka ibinyabuzima bihumeka, nk’uko Ikigo gishinzwe Kubungabunga Ibidukikije (REMA)…

    Read more

    Amabwiriza mashya yo kwirinda virus ya Marburg mu mashuri

    Ishingiye ku mabwiriza ya Ministeri y’ubuzima mu Rwanda, Ministre y’uburezi yashyizeho ingamba nshya zijyanye no kwirinda iki cyorezo mu bigo by’amashuri. Julien B.

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Agakiza ka Mama Thierry urimo gusezerwaho none (kurikira live)

    Gusezera kuri Mama Thierry kanda hano wumve ubuhamya

    Gusezera kuri Mama Thierry kanda hano wumve ubuhamya