Kugeza uku kwezi kurangiye hazagwa imvura isanzweho muri Mutarama

Mu gice cya gatatu cy’ukwezi kwa Mutarama 2026 (kuva taliki ya 21 kugeza taliki ya 31), mu Rwanda hateganyijwe imvura iri hagati ya milimetero 7 na 110, ikaba iri ku kigero cy’impuzandengo y’isanzwe igwa muri iki gihe.

Impuzandengo y’imvura igwa mu gice cya gatatu cy’ukwezi kwa Mutarama mu Rwanda hose, ubusanzwe iba ibarirwa hagati ya milimetero 10 na milimetero hafi 100, ariko ikaba ishobora kurenga iyo ari mu bice bijya bibonekamo imvura nyinshi.

Ukwezi kwa Mutarama gusanzwe kurangwa akenshi n’ibihe by’izuba ry’Urugaryi rukunze kugeza hagati mu kwa kabiri, hagakurikiraho ibihe by’Itumba. Ni igihe cyo gusarura imyaka iba yeze ndetse no guhinga imyaka izezwa n’imvura y’Itumba.

Iminsi izagwamo imvura izaba iri hagati y’umunsi umwe (1) n’itatu (3) bitewe n’imiterere ya buri hantu. Imvura iteganyijwe izaturuka ku isangano ry’imiyaga iva mu gice cy’amajyepfo y’Isi rizamuka rigana mu karere u Rwanda ruherereyemo ndetse no ku miterere y’ahantu.

Ubushyuhe bwo hejuru buteganyijwe buri hagati ya dogere Selisiyusi 21 na 31, naho ubushyuhe bwo hasi buteganyijwe buri hagati ya dogere Selisiyusi 9 na 18.

Umuyaga uringaniye ushyira kuba mwinshi ufite umuvuduko uri hagati ya metero 4 na 12 ku isegonda, uteganyijwe mu bice bitandukanye by’Igihugu.

  • Related Posts

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Iteganyagihe ryatangajwe n’ikigo mpuzamahanga ICPAC ku bufatanye n’Umuryango w’ibihugu bigize icyogogo cy’uruzi rwa Nili ‘Nile Basin Initiative(NBI)’,  rigaragaza ko muri iyi mpeshyi hazabaho kugabanuka gukomeye kw’amazi y’imigezi n’ibiyaga, bikazagira ingaruka ku…

    Read more

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko Abanyamahanga bavuye muri Congo cyangwa abanyuzeyo mu gihe kitararenga iminsi 30 bakumiriwe kwinjira mu Rwanda, mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Ebola kimaze…

    Read more

    Ntibigucike

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Aimable Karasira yapfuye

    Aimable Karasira yapfuye

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye