Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

Nyuma y’uko Leta y’u Rwanda itangaje ko
ifitanye ubuhuzabikorwa mu by’umutekano n’umutwe wa AFC/M23, Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo na we yasubije kuri uyu wa Gatandatu ko igihe cyo gusaba no kwinginga kirangiye ahubwo hakurikiyeho gushyira mu bikorwa ibyo buri muntu yemeye.

U Rwanda ruvuga ko guhuza ibikorwa na AFC/M23 bishingiye ku nyungu zihuriweho zo kurinda Abatutsi bamaze igihe bibasirwa na FDLR hamwe n’indi mitwe yitwaje intwaro ikorera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Mu ijambo Perezida Tshisekedi yavuze atangiza gahunda y’ibiganiro bigamije gusasa inzobe, bizakorwa hose muri Congo Kinshasa, yaboneyeho kugira icyo avuga ku nyandiko Ambasaderi w’u Rwanda muri Amerika (USA), Mathilde Mukantabana, yatangarije Inteko y’icyo gihugu ku wa 22 Mutarama 2026.

Amb. Mukantabana yasomye iyo nyandiko avuga ko u Rwanda ruhuza ibikorwa na AFC/M23 ku mpamvu zo ‘kurinda Abanyekongo b’Abatutsi bahohoterwa na Leta yabo hifashishijwe FDLR’, umutwe w’Abanyarwanda bari muri Congo bashinjwa gukora Jenoside mu Rwanda.”

Indi mpamvu u Rwanda rusobanura yo guhuza ibikorwa na AFC/M23 ijyanye no kurinda Umutekano warwo, kuko ishima uyu mutwe kuba uhagaze ku mupaka wose w’iburengerazuba u Rwanda rusangiye na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, nk’uko byashimangiwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe kuri uyu Gatanu.

Ibi ariko Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi ntabikozwa, akaba yagize ati “Uku kwemera(k’u Rwanda) gutangajwe ni intambwe y’ingenzi cyane kuko bigabanya umwanya wo guhakana, bikerekana uruhare(rwarwo), kandi bigatuma buri muntu ava ku gusaba yinginga ahubwo hagashyirwa mu bikorwa ingamba, zaba amahame mpuzamahanga, zaba imyanzuro y’Akanama (ka LONI) gashinzwe Umutekano, ndetse n’amasezerano ya politiki yemejwe ku bushake.”

Perezida Tshisekedi yakomeje agira ati “Ariko munyemerere nsobanure neza iby’iyi ngingo, nta mpamvu n’imwe, nta nkuru n’imwe, nta n’igisobanuro na kimwe cyaba impamvu ishingiye ku mutekano, bishobora gushyigikira kwigarurira ku ngufu, gushyiraho ubutegetsi bubangikanye n’ubundi, kwimura abantu ku ngufu, cyangwa gusahura umutungo, hagamijwe guhungabanya Leta igize Umuryango w’Abibumbye.”

Perezida Tshisekedi avuga ko n’ubwo ibiganiro n’ubusabane bizaba hose muri Congo, abaregwa ibyaha byo kwica Abanyekongo batari mu bazategwa amatwi.

  • Related Posts

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Iteganyagihe ryatangajwe n’ikigo mpuzamahanga ICPAC ku bufatanye n’Umuryango w’ibihugu bigize icyogogo cy’uruzi rwa Nili ‘Nile Basin Initiative(NBI)’,  rigaragaza ko muri iyi mpeshyi hazabaho kugabanuka gukomeye kw’amazi y’imigezi n’ibiyaga, bikazagira ingaruka ku…

    Read more

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko Abanyamahanga bavuye muri Congo cyangwa abanyuzeyo mu gihe kitararenga iminsi 30 bakumiriwe kwinjira mu Rwanda, mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Ebola kimaze…

    Read more

    Ntibigucike

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Aimable Karasira yapfuye

    Aimable Karasira yapfuye

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye