Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

Nyuma y’uko Leta y’u Rwanda itangaje ko
ifitanye ubuhuzabikorwa mu by’umutekano n’umutwe wa AFC/M23, Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo na we yasubije kuri uyu wa Gatandatu ko igihe cyo gusaba no kwinginga kirangiye ahubwo hakurikiyeho gushyira mu bikorwa ibyo buri muntu yemeye.

U Rwanda ruvuga ko guhuza ibikorwa na AFC/M23 bishingiye ku nyungu zihuriweho zo kurinda Abatutsi bamaze igihe bibasirwa na FDLR hamwe n’indi mitwe yitwaje intwaro ikorera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Mu ijambo Perezida Tshisekedi yavuze atangiza gahunda y’ibiganiro bigamije gusasa inzobe, bizakorwa hose muri Congo Kinshasa, yaboneyeho kugira icyo avuga ku nyandiko Ambasaderi w’u Rwanda muri Amerika (USA), Mathilde Mukantabana, yatangarije Inteko y’icyo gihugu ku wa 22 Mutarama 2026.

Amb. Mukantabana yasomye iyo nyandiko avuga ko u Rwanda ruhuza ibikorwa na AFC/M23 ku mpamvu zo ‘kurinda Abanyekongo b’Abatutsi bahohoterwa na Leta yabo hifashishijwe FDLR’, umutwe w’Abanyarwanda bari muri Congo bashinjwa gukora Jenoside mu Rwanda.”

Indi mpamvu u Rwanda rusobanura yo guhuza ibikorwa na AFC/M23 ijyanye no kurinda Umutekano warwo, kuko ishima uyu mutwe kuba uhagaze ku mupaka wose w’iburengerazuba u Rwanda rusangiye na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, nk’uko byashimangiwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe kuri uyu Gatanu.

Ibi ariko Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi ntabikozwa, akaba yagize ati “Uku kwemera(k’u Rwanda) gutangajwe ni intambwe y’ingenzi cyane kuko bigabanya umwanya wo guhakana, bikerekana uruhare(rwarwo), kandi bigatuma buri muntu ava ku gusaba yinginga ahubwo hagashyirwa mu bikorwa ingamba, zaba amahame mpuzamahanga, zaba imyanzuro y’Akanama (ka LONI) gashinzwe Umutekano, ndetse n’amasezerano ya politiki yemejwe ku bushake.”

Perezida Tshisekedi yakomeje agira ati “Ariko munyemerere nsobanure neza iby’iyi ngingo, nta mpamvu n’imwe, nta nkuru n’imwe, nta n’igisobanuro na kimwe cyaba impamvu ishingiye ku mutekano, bishobora gushyigikira kwigarurira ku ngufu, gushyiraho ubutegetsi bubangikanye n’ubundi, kwimura abantu ku ngufu, cyangwa gusahura umutungo, hagamijwe guhungabanya Leta igize Umuryango w’Abibumbye.”

Perezida Tshisekedi avuga ko n’ubwo ibiganiro n’ubusabane bizaba hose muri Congo, abaregwa ibyaha byo kwica Abanyekongo batari mu bazategwa amatwi.

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge