U Burusiya burifuza guhuza u Rwanda na Congo kuko ‘intambara itazarangira vuba’

U Burusiya bwatangaje ko bwiteguye gutanga umusanzu wo kumvikanisha Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo(DRC) n’u Rwanda mu gihe bwabisabwa, kuko bubona ko intambara idateze kurangira vuba.

Mu kiganiro yahaye Itangazamakuru kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Mutarama 2026, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Burusiya, Sergei Lavrov, yavuze ko igihugu cye cyiteguye guhuza impande zihanganye mu burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, kugira ngo ako gace kagarukemo amahoro.

Lavrov avuga ko n’ubwo habayeho ibiganiro by’amahoro mu mirwa mikuru y’ibihugu bitandukanye guhera i Nairobi muri Kenya, i Luanda muri Angola, i Doha muri Qatar ndetse n’i Washington muri Amerika, izi ngufu zose ngo ntacyo zizageraho vuba kubera ibibazo bisanzweho bitigeze bibonerwa ibisubizo.

BBC yanditse iyi nkuru kuri Lavrov ugira ati “Dusanzwe dufitanye umubano mwiza na Congo ndetse n’u Rwanda, kandi turifuza kubona amakimbirane hagati y’ibihugu byombi arangira, ariko mvugishije ukuri, ibijyanye n’uko iyi ntambara yaba irimo kurangira vuba aha, nta birimo. Mu gihe twasabwa kuba umuhuza, ntawe tuzahakanira”.

Muri icyo kiganiro n’abanyamakuru, Lavrov yabajijwe impamvu abona kugeza ubu intambara ihanganishije Umutwe wa M23 na Leta ya Congo itarangira burundu, nyamara amasezerano y’amahoro aheruka gushyirwaho umukono i Washington hagati ya Perezida Félix Tshisekedi wa DR Congo na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda.

Lavrov yasubije agira ati “Ku bijyanye n’umuhate wa Donald Trump wavuze ko intambara muri Congo iri mu zigera ku munani ku isi amaze kurangiza, ariko wibuke ko yaje kwisubira akavuga ko iyi ntambara yongeye kwaduka.”

Mu bivugwaho gukomeza intambara mu burasirazuba bwa Congo hari ugushinjanya hagati y’icyo gihugu n’u Rwanda, aho Leta ya Kinshasa ivuga ko rutera inkunga umutwe wa M23, u Rwanda na rwo rukavuga ko Congo icumbikiye kandi ifasha umutwe wa FDLR ‘ugamije kuruhungabanyiriza umutekano.’

Lavrov avuga ko n’ubwo AFC/M23 itemewe n’amategeko, ariko ngo ni abarwanyi bafite imbaraga ku buryo kubanesha atari ibya vuba aha, akaba ari ho ahera avuga ko mu gihe u Burusiya bwasabwa umusanzu wo kugarukana amahoro, bwatangira kureba icyakorwa.

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge