Pimisha inda kenshi byakurinda kubyara umwana w’ijisho rimwe

Ubumuga bwo kuvuka umuntu afite ijisho rimwe(cyclopia), ndetse akenshi nta n’izuru aba afite, n’ubwo ngo budakunze kubaho kuko buba ku mwana umwe mu barenga ibihumbi 100 bavukiye rimwe, ni kimwe mu bituma umubyeyi utwite wese agirwa inama yo gusuzumisha inda kenshi kwa muganga, kugira ngo afashwe hakiri kare kuzabyara umwana muzima.

Ishami rya LONI ryita ku Buzima(WHO) rivuga ko ubu bumuga bwa cyclopia buterwa n’uko mu gihe umwana atangiye gukurira mu nda ya nyina mu minsi ye ya mbere agisamwa, ubwonko bwe n’amaso hari ubwo bikura nabi ntibibashe gutandukana, aho igice cy’imbere cy’umutwe (telencephalon) kiba kidakora neza. 

Impamvu ya nyayo ntiramenyekana neza, ariko ngo hari byinshi bishobora gutera iyi mikurire mibi y’ubwonko, harimo gukomora utunyangingo tw’ubwo bumuga mu bisekuru by’ababyeyi be, kunywa itabi, gufata imiti umuntu adahawe na muganga, inzoga n’ibindi biyobyabwenge ku mubyeyi w’uwo mwana.

Hari n’impamvu z’uko umubyeyi aba atabona amafunguro ahagije kandi yujuje intungamubiri, kurwara diyabete, infections zimwe na zimwe, guhumeka umwuka uhumanye cyangwa gukoresha cyane imiti yo mu nganda n’iyo mu buhinzi.

Ibi byose hamwe n’ibindi umubyeyi abimenyera kwa muganga aho yagiye kwisuzumisha inda, kandi iyo nda yaba ikiri mu minsi yayo ya mbere bakamugira inama yo kunywa umuti witwa folic acid cyangwa gufata amafunguro arimo iyo vitamin, kuko igira uruhare rukomeye mu gukumira indwara z’ubwonko n’izindi nzira z’imyakura zinyura mu mugongo.

Ubushakashatsi bwa 7 ku mibereho n’ubuzima mu Rwanda, Demographic and Health Survey bwatangajwe n’Ikigo cy’Ibarurishamibare NISR muri iki cyumweru gishize, buvuga ko 78% by’abagore batwite muri 2025 bitabiriye kwipimisha inda inshuro 4 nk’uko babisabwa, akaba ari ikigero gishimwa cyane ugereranyije n’icy’ubushize muri 2020 cyageraga kuri 47% gusa.

Nta mahirwe yo kubaho ku muntu wavukanye ubumuga bwa cyclopia, kuko abenshi mu bana bavutse bameze batyo ngo bapfa hashize amasaha, iminsi, cyangwa amezi make, kuko ubwonko buba budashobora gufasha imikorere yose y’umubiri ikenewe kugira ngo abeho.

Igihugu cya Misiri giheruka kugaragaramo umubyeyi wabyaye umwana w’umuhungu ufite ubumuga bwa cyclopia mu kwezi k’Ukwakira kwa 2015, akaba yaramaze iminsi(batavuze umubare) agahita apfa.

Ubundi bumuga umuntu avukana bushobora guturuka ahanini ku burangare bw’ababyeyi batitabira gusuzumisha inda cyangwa abitwara nabi mu gihe batwite, harimo kubyara umwana ufite ingingo zidasanzwe (impanga zifatanye, amaguru cyangwa amaboko maremare cyane cyangwa magufi bikabije,…).

  • Related Posts

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Iteganyagihe ryatangajwe n’ikigo mpuzamahanga ICPAC ku bufatanye n’Umuryango w’ibihugu bigize icyogogo cy’uruzi rwa Nili ‘Nile Basin Initiative(NBI)’,  rigaragaza ko muri iyi mpeshyi hazabaho kugabanuka gukomeye kw’amazi y’imigezi n’ibiyaga, bikazagira ingaruka ku…

    Read more

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko Abanyamahanga bavuye muri Congo cyangwa abanyuzeyo mu gihe kitararenga iminsi 30 bakumiriwe kwinjira mu Rwanda, mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Ebola kimaze…

    Read more

    Ntibigucike

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Aimable Karasira yapfuye

    Aimable Karasira yapfuye

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye