Amakuru y’urugamba muri Congo, ni nde ufite Nzibira?

Iminsi imaze kuba ine mu burasirazuba bwa Congo urugamba ari injyanamuntu, aho muri Territoire za Walikale na Masisi muri Kivu ya Ruguru, hamwe na Walungu muri Kivu y’Epfo abaturage nta kurya nta kuryama mu ngo zabo.

Intambara ihanganishije AFC/M23 n’igisirikare cya Congo(FARDC) gifashijwe na Wazalendo, Ingabo z’u Burundi na FDLR yongeye kurota nyuma y’uko indege za FARDC zirashe kuri AFC/M23 ahitwa Bibwe, Hembe na Chyatso muri teritwari za Masisi na Walikale ku wa Gatanu tariki 19 Nzeri 2025.

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko drone za CH4 hamwe na Sukhoi-25 bya FARDC byarashe ku baturage mu duce dutuwe cyane, kubera iyo mpamvu AFC/M23 ikaba yariyemeje ‘kurwana ku baturage, irwanyiriza umwanzi kuva aho yateye aturuka(Uvira ni ho hashyirwa mu majwi).’

Ibitangazamakuru bitandukanye birimo na mpuzamahanga bivuga ko Umujyi muto witwa Nzibira muri Teritwari ya Walungu ku birometero 18 uvuye i Bukavu wamaze kujya mu maboko y’Umutwe wa AFC/M23, ariko haracyarimo urujijo.

Urujijo ruhari ni uko ku mbuga nkoranyambaga Ihuriro ry’imitwe ya Wazalendo rifatanya na FARDC rikomeje kwerekana ko ari ryo rifite umujyi wa Nzibira, aho abayobozi baryo bifashe video bari ku biro bya Polisi by’uwo mujyi.

Abazi neza aho uwo mujyi wa Nzibira uherereye bavuga ko watanga inzira nziza yo kwerekeza muri Uvira kwa AFC/M23, nyuma y’uko hasi mu Kibaya cya Rusizi inzira zaho zikunze kugorana bitewe n’uko ari hafi y’umupaka w’u Burundi.

Intambara zongeye kuba urutavanaho buri munsi, hakaba harimo gukoreshwa intwaro kabuhariwe zirimo indege n’ikoranabuhanga rigezweho, nyuma y’uko impande zombi (Leta ya Congo na AFC/M23) zinaniwe kumvikana ku bigize amasezerano y’i Doha muri Qatar.

Uretse Nzibira, Mulamba na Nkankina muri Kivu y’Epfo, amasasu n’ibisasu bikomeje kuba urutavanaho muri Masisi na Walikale mu bice byegereye Umujyi wa Pinga urimo n’ikibuga cy’indege.

Related Posts

RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

Read more

Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

Read more

Ntibigucike

RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi