Amakuru y’urugamba muri Congo, ni nde ufite Nzibira?

Iminsi imaze kuba ine mu burasirazuba bwa Congo urugamba ari injyanamuntu, aho muri Territoire za Walikale na Masisi muri Kivu ya Ruguru, hamwe na Walungu muri Kivu y’Epfo abaturage nta kurya nta kuryama mu ngo zabo.

Intambara ihanganishije AFC/M23 n’igisirikare cya Congo(FARDC) gifashijwe na Wazalendo, Ingabo z’u Burundi na FDLR yongeye kurota nyuma y’uko indege za FARDC zirashe kuri AFC/M23 ahitwa Bibwe, Hembe na Chyatso muri teritwari za Masisi na Walikale ku wa Gatanu tariki 19 Nzeri 2025.

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko drone za CH4 hamwe na Sukhoi-25 bya FARDC byarashe ku baturage mu duce dutuwe cyane, kubera iyo mpamvu AFC/M23 ikaba yariyemeje ‘kurwana ku baturage, irwanyiriza umwanzi kuva aho yateye aturuka(Uvira ni ho hashyirwa mu majwi).’

Ibitangazamakuru bitandukanye birimo na mpuzamahanga bivuga ko Umujyi muto witwa Nzibira muri Teritwari ya Walungu ku birometero 18 uvuye i Bukavu wamaze kujya mu maboko y’Umutwe wa AFC/M23, ariko haracyarimo urujijo.

Urujijo ruhari ni uko ku mbuga nkoranyambaga Ihuriro ry’imitwe ya Wazalendo rifatanya na FARDC rikomeje kwerekana ko ari ryo rifite umujyi wa Nzibira, aho abayobozi baryo bifashe video bari ku biro bya Polisi by’uwo mujyi.

Abazi neza aho uwo mujyi wa Nzibira uherereye bavuga ko watanga inzira nziza yo kwerekeza muri Uvira kwa AFC/M23, nyuma y’uko hasi mu Kibaya cya Rusizi inzira zaho zikunze kugorana bitewe n’uko ari hafi y’umupaka w’u Burundi.

Intambara zongeye kuba urutavanaho buri munsi, hakaba harimo gukoreshwa intwaro kabuhariwe zirimo indege n’ikoranabuhanga rigezweho, nyuma y’uko impande zombi (Leta ya Congo na AFC/M23) zinaniwe kumvikana ku bigize amasezerano y’i Doha muri Qatar.

Uretse Nzibira, Mulamba na Nkankina muri Kivu y’Epfo, amasasu n’ibisasu bikomeje kuba urutavanaho muri Masisi na Walikale mu bice byegereye Umujyi wa Pinga urimo n’ikibuga cy’indege.

Related Posts

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

Read more

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

Read more

Ntibigucike

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge