Inzuki zirimo gusinda izindi zikazibuza kwinjira mu muzinga

Mu gihugu cya Australia, ubushyuhe bwinshi burimo gutera umushongi w’indabo (nectar) gushya nk’inzoga, inzuki zajyamo guhova zigasinda, zigasubira mu muzinga zidandabirana.

Hafi y’Inteko Ishinga Amategeko ya Australia hari abanyeshuri ba Kaminuza bahashyize imizinga y’inzuki, bazicungisha uwitwa Cormac Farrell, akaba ari we wahaye amakuru ikinyamakuru Newsweek ko imihindagurikire y’ikirere irimo kugira ingaruka mbi ku nzuki zishinzwe guhova.

Cormac avuga ko kwiyongera k’ubushyuhe kubera izuba ryinshi byagize ingaruka ku mushongi w’indabo ushya ukamera nk’inzoga ku buryo usindisha inzuki, zawuhova zigatakaza icyekerezo, zagera ku mutiba(umuzinga) izindi zikaziheza hanze kugira ngo zibanze zisinduke.

Cormac yagize ati “Irumbo(umuryango) ry’inzuki rifite uburyo bwa kamere bwo kwirindira umutekano, aho usanga inzuki zishinzwe kurinda umutiba ziri ku rwinjiriro rwawo. Akazi kazo ni ugucunga umutekano ku buryo iyo zimenye ko hari inzuki zasinze zitazemerera kwinjira.

Cormac avuga ko uruyuki rumwe rwasinze rushobora kwangiza umurongo w’itumanaho ugizwe n’uruhererekane rw’izindi nzuki, bigahungabanya n’imikorere y’irumbo ryose.

Cormac avuga ko inzuki zasinze zigumana hanze ibyo zivuye guhova kugeza ubwo zisindukiye, akaba ari bwo zemererwa kwinjira mu mutiba, n’ubwo muri icyo gihe ziba zitegereje kibarirwa hagati y’iminota 30 n’amasaha arenga 40, hari izipfira ku gasozi.

Newsweek ivuga ko ibi byatangaje abagize Inteko Ishinga Amategeko ya Australia(i Canberra) bavuga ko amategeko y’inzuki hari ay’abantu arusha gukomera, nyuma yo kubona ko amarumbo yazo aba acungiwe umutekano mu buryo bukomeye.

  • Related Posts

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Iteganyagihe ryatangajwe n’ikigo mpuzamahanga ICPAC ku bufatanye n’Umuryango w’ibihugu bigize icyogogo cy’uruzi rwa Nili ‘Nile Basin Initiative(NBI)’,  rigaragaza ko muri iyi mpeshyi hazabaho kugabanuka gukomeye kw’amazi y’imigezi n’ibiyaga, bikazagira ingaruka ku…

    Read more

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko Abanyamahanga bavuye muri Congo cyangwa abanyuzeyo mu gihe kitararenga iminsi 30 bakumiriwe kwinjira mu Rwanda, mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Ebola kimaze…

    Read more

    Ntibigucike

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Aimable Karasira yapfuye

    Aimable Karasira yapfuye

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye