Huye: Umugabo yakubiswe ifuni agiye gusambana

Uwitwa Emmanuel Mutunzi w’imyaka 55 y’amavuko, wari utuye mu Murenge wa Karama wo mu Karere ka Huye, yitabye Imana azize gukubitwa ifuni n’umusore witwa René Iradukunda w’imyaka 19 y’amavuko wari umubonye agiye gusambana na nyina.

Amakuru dukesha Kigali Today avuga ko ibi byamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa 1 Ugushyingo 2024, mu mudugudu wa Rugege, Akagari ka Muhembe, Umurenge wa Karama mu Karere ka Huye.

Emmanuel Mutunzi, yitabye Imana agiye gusambanya umugore w’umupfakazi witwa Grâce Yankurije w’imyaka 43, aho Iradukunda, umuhungu w’uwo mugore yamubonye mu rugo iwabo akamukubita ifuni mu mutwe, undi ahita yitaba Imana.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karama, Constantin Kalisa, yemeje iby’ayo makuru ko ari byo, kandi ko uwishe nyakwigendera yafashwe akaba ari mu maboko y’Ubugenzacyaha.

Kalisa yageneye ubutumwa abaturage ayobora abasaba kwirinda kwihanira, kandi ko abubatse ingo bagomba kureka guca inyuma abo bashakanye.
Yanihanganishije umuryango wabuze uwabo.

  • Related Posts

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

    Read more

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

    Read more

    Ntibigucike

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi