Huye: Umugabo yakubiswe ifuni agiye gusambana

Uwitwa Emmanuel Mutunzi w’imyaka 55 y’amavuko, wari utuye mu Murenge wa Karama wo mu Karere ka Huye, yitabye Imana azize gukubitwa ifuni n’umusore witwa René Iradukunda w’imyaka 19 y’amavuko wari umubonye agiye gusambana na nyina.

Amakuru dukesha Kigali Today avuga ko ibi byamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa 1 Ugushyingo 2024, mu mudugudu wa Rugege, Akagari ka Muhembe, Umurenge wa Karama mu Karere ka Huye.

Emmanuel Mutunzi, yitabye Imana agiye gusambanya umugore w’umupfakazi witwa Grâce Yankurije w’imyaka 43, aho Iradukunda, umuhungu w’uwo mugore yamubonye mu rugo iwabo akamukubita ifuni mu mutwe, undi ahita yitaba Imana.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Karama, Constantin Kalisa, yemeje iby’ayo makuru ko ari byo, kandi ko uwishe nyakwigendera yafashwe akaba ari mu maboko y’Ubugenzacyaha.

Kalisa yageneye ubutumwa abaturage ayobora abasaba kwirinda kwihanira, kandi ko abubatse ingo bagomba kureka guca inyuma abo bashakanye.
Yanihanganishije umuryango wabuze uwabo.

  • Related Posts

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko atumva uburyo abantu babiri bananirwa kubana nk’abashakanye kugera ubwo batandukana. Izi gatanya(divorces) zikaba ziganje mu bakiri bato barimo gushinga ingo muri iyi myaka…

    Read more

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Muri gahunda ya kabiri ya Guverinoma NST2 izarangira mu mwaka wa 2029, Leta y’u Rwanda yateganyije gukuba kabiri umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, harimo n’uw’amata, ariko mu bigomba gutanga ayo…

    Read more

    Ntibigucike

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”