Umugaba mukuru wa RDF n’abarinda Perezida wa Repubulika batanze amaraso

Ikigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda, RBC, cyashimiye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda(RDF) hamwe n’Umutwe ushinzwe kurinda Umukuru w’Igihugu (Republican Guards), kuba bitabiriye gahunda amaraso ku bayakeneye.

Umuyobozi w’Ikigo gishizwe gutanga amaraso muri RBC, Dr Muyombo Thomas, akaba ari n’umuhanzi uzwi ku izina rya Tom Close, yanditse ku rubuga rwa X ashimira ingabo z’Igihugu(RDF) ziyobowe na Gen Mubarakh Muganga, kubera kwitabira gutanga amaraso.

Dr Muyombo yagize ati “Nyuma yo gukora ibishoboka byose ngo igihugu cyacu gitekane, bongeraho no gutuma ubuzima bwacu budahungabana, bagatanga amaraso atangwa kwa muganga.”

Dr Muyombo yakomeje agira ati “Afande CDS wa RDF hamwe n’Ingabo za RDF muri RepublicanGuard mwarakoze, ejo mwongeye kurengera abarwayi. Muri INTWARI byahamye!”

 

 

  • Related Posts

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Iteganyagihe ryatangajwe n’ikigo mpuzamahanga ICPAC ku bufatanye n’Umuryango w’ibihugu bigize icyogogo cy’uruzi rwa Nili ‘Nile Basin Initiative(NBI)’,  rigaragaza ko muri iyi mpeshyi hazabaho kugabanuka gukomeye kw’amazi y’imigezi n’ibiyaga, bikazagira ingaruka ku…

    Read more

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko Abanyamahanga bavuye muri Congo cyangwa abanyuzeyo mu gihe kitararenga iminsi 30 bakumiriwe kwinjira mu Rwanda, mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Ebola kimaze…

    Read more

    Ntibigucike

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Aimable Karasira yapfuye

    Aimable Karasira yapfuye

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye