Espagne:Imvura y’umwaka wose yaguye mu masaha 8 gusa

Abantu baburiwe irengero n’ibintu byangiritse ntibigira akagero

Abantu batari munsi ya 62 nibo bamaze kumenyekana ko bapfuye bahitanywe n’imvura nyinshi yateye imivu n’imyuzure ikomeye mu majyepfo ashyira uburasirazuba bwa Espagne.

Mu mijyi wa Chiva hafi ya Valence mu masaha arenga umunani gusa, haguye imvura ingana n’isanzwe igwa umwaka wose. Abategetsi bakaba bavuga ko bigoye kuvuga umubare ntakuka w’abapfuye.

Amafoto yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga yerekana imivu ikomeye irimo gutera akajagari muri iyo ntara, ariko kandi isenya ibiraro itembagaza n’amamodoka mu mihanda. Ayandi ma video yerekana abantu barimo kurira ibiti kugira itabatwara

Henshi mu gihugu haguye imvura nyinshi irimo umuyaga n’urubura, bituma haba imyuzure mu bice bitari bike.

Abasirikare barenga 1.000 boherejwe ngo bajye gutabara, mu gihe abantu benshi kugeza ubu ntawuramenya irengero ry’abo, naho abashoferi amagana bakaba baheze mu mihanda muri iyo ntara.

Amakuru dukesha BBC avuga y’uko Umwami wa Espagne, Filipe VI yihanganishije imiryango y’abahuye n’ibyago, mu butumwa yanyujije kuri X.

Amaradiyo n’ amateleviziyo bivuga ko byakiriye amagana n’amagana y’ubutumwa bw’abantu basaba gufashwa aho bagotewe n’imyuzure cyangwa se babaririza ababo, mu gihe inzego z’ubutabazi zikora iyo bwabaga ngo zigere mu turere tumwe na tumwe twugarijwe n’ibyago.

Umugi wa Chiva wabaye ahantu hambere hatewe n’iyo myuzure iturutse ku mivu. Ibinyamakuru by’aho bivuga ko isaa sita z’ijoro ryo ku wa kabiri imihanda yari yamaze guhinduka inzuzi , amatara n’amapoto byo ku mihanda bitwarwa n’imivu.

Ikigo gishinzwe kuburira abantu muri iyo ntara ntacyo cyari cyabivuzeho, cyakoza cyabitangaje hashize amasaha abiri imvura yatangiye kugwa.

Abantu benshi banenze iyo miburo, yaje itinze, abantu batagishobora kuva mu mihanda cyangwa ngo bashake ubuhungiro berekezamo. Ministre w’ingabo wa Espage Margarita Robles yabwiye abanyamakuru ko imyuzure muri iyo ntara yabaye ”ikintu kitari bwigere kibaaho na rimwe.

Yongeyeko ati: ”Ejo, mw’ijoro, inzego zo gutabara mu buryo bwihutirwa zari ziri muri ako karere, ariko umurindi w’amazi wari urengeje.”

Urwego rushinzwe gukurikirana ibihe muri Espagne, ARMET rwavuze ko muri Chiva, mu ntara ya Velencia, haguye mm491 z’imvura mu masaha 8 kuri uyu wa kabiri. Nyamara iyi mvura ingana n’ijy’igwa umwaka wose.

Inyuzure yatumye uburyo bwo gutwara abantu n’ibintu buhungabana, aho indege nyinshi zari kugera muri Valence zimuriwe mu yindi mijyi. Gariyamoshi zose zahagaritswe mu ntara ya Valence, nk’uko urwego rubishinzwe ADIF rubivuga.

Umugi waValence wavuze ko amashure n’imikino byose byahagaritswe kuri uyu wa gatatu, n’ibice byahariwe kuruhukiramo byafunzwe.

Hari ibintuma byinshi bitera imyuzure, ariko ukwiyongera kw’ubushyuhe bw’ikirere buva kw’ihindagurika ry’ikirere bituma ibyago by’uko hagwa imvura y’umurengera byakwiyongera.

Ubushyuhe kw’isi bumaze kwiyongeraho 1,1°C kuva hatangiye igihe cy’inganda kandi ubushyuhe buzakomezaa kwiyongera cyeretse ibihugu kw’isi bifashe ingingo zikomeye zo kugabanya ibyuka byisuka mu kirere.

 

Julien B.

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge