Gusura ni byiza ariko wakwirinda kubangamira abandi-Dr Nkusi

Muganga w’indwara zo mu mubiri, Dr Eugène Nkusi, avuga ko gusohora umwuka unyuze aho bitumira ibikomeye (byitwa gusura), ari ikimenyetso cy’uko umuntu afite imikorere myiza y’inzira z’igogora, ku buryo abantu batari bakwiye kumva ko ari igisebo.

Umusuzi ni umwuka (gaz) ziba zakomotse ku gushwanyagurika kw’ibyo umuntu aba yariye, bigakorerwa cyane cyane mu mara manini ahaba za mikorobe (udukoko) zifasha mu gushwanyaguza ibyasigaye bitagikenewe n’umubiri nyuma y’igogora kugira ngo bisohoke.

Dr Nkusi avuga ko iyo umuntu yariye ibinyamasukari n’ibinure, akenshi ngo asura umusuzi utanuka cyane kuko uba ugizwe ahanini na dioxide de Carbone (CO2) ugereranyije n’iyo yariye ibyiganjemo za poroteyine(proteines).

Dr Eugène Nkusi

Dr Nkusi avuga ko amafunguro yiganjemo za proteines nk’ibinyamisogwe (ibishyimbo, soya, amashaza) cyangwa ibikomoka ku matungo birimo inyama, amata,amafi n’amagi, iyo byamaze gukorerwa igogora, gucikagurika kwabyo gutanga imyuka inuka cyane iba yiganjemo za ammoniac na surfure d’hydrogene. haba harimo ibinyabutabire bya soufre, hydrogene na azote.

Dr Nkusi ati “Uzumve nk’ahantu banyara,cyangwa wumve impumuro y’inyama,amata byangiritse, cyangwa se winukirize igi ryaboze ukuntu biba binuka,kubera ko byiganjemo za proteines nyinshi,iyo bishwanyaguritse bitanga ama gaz yiganjemo za nitrates, ammoniac,sulfures d’hydrogene zizwiho kunuka cyane.

Dr Nkusi avuga ko gusura ari amahirwe akomeye agaragaza imikorere myiza y’umubiri,cyane cyane inzira z’igogora. Nk’ umuntu wagize ibyago amara akaziba cga agasobana, iriya myuka ntisohoke, bimugiraho ingaruka zikomeye,inda igatumba,iyo myuka ikaba yajya kunyura mu kanwa, iyo atavuwe kare yakurizamo kuremba akaba yanapfa.

Mu rwego rwo kwirinda kubangamira abandi kubera umunuko n’urusaku rw’umusuzi, Dr Nkusi avuga ko byaba byiza umuntu wumva iyo myuka ije yayifunga akabanza kujya kure kwiherera nk’uko abajya kwituma babigenza noneho akayirekurirayo yisanzuye ntawe abangamiye.

Abantu batandukanye bajya inama y’uko uriya mwuka witwa umusuzi wahindurirwa izina ukitwa umusuro, hanyuma usura akaba ari we witwa umusuzi, kimwe n’uko usiga bamwita umusizi, igihangano cye kikitwa igisigo,umuntu ugiha bamwita umuhigi icyo yahize cyikitwa umuhigo, usora bamwita gutyo icyo atanze kikitwa umusoro.

  • Related Posts

    Putin yahawe icyubahiro kirenze, Trump atahira aho

    Guhura kwa Perezida Trump wa Amerika na Putin w’u Burusiya hari ababinenze bavuga ko Perezida wa Amerika yabihombeyemo kuko nta cyo u Burusiya bwamwemereye kijyanye no guhagarika intambara muri Ukraine,…

    Read more

    ‎Gasabo: Ubuzima basigaje barabumara bafunzwe nyuma yo gufatanwa urumogi

    Uwitwa Ngirabatware Ferdinand w’imyaka 35 na ‎Nyiranizeyimana Honorine w’imyaka 30, bashobora kurangiriza ubuzima bwabo mu igororero (bafunzwe) nyuma yo ‘gufatanywa urumogi rwari rugiye gucuruzwa.’ Polisi y’Igihugu ikorera mu Mujyi wa…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    Putin yahawe icyubahiro kirenze, Trump atahira aho

    Putin yahawe icyubahiro kirenze, Trump atahira aho

    ‎Gasabo: Ubuzima basigaje barabumara bafunzwe nyuma yo gufatanwa urumogi

    ‎Gasabo: Ubuzima basigaje barabumara bafunzwe nyuma yo gufatanwa urumogi

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?