Kwemerera Ukraine kurasa mu Burusiya, imbarutso y’intambara ya 3 y’isi

Perezida w’u Burusiya, Vladmir Putin, yaburiye Umuryango wo gutabarana wa OTAN/NATO, ko nuhirahira ukemerera Ukraine gukoresha misile ziterwa ku ntera ndende, zikagera hagati mu Burusiya, intambara iri buhindure isura yerekera ku bihugu by’u Burayi na Amerika.

Putin abitangaje nyuma y’uko ibitangazamakuru mpuzamahanga birimo CNN, bivuze ko Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, arimo gushyirwaho igitutu kugira ngo akureho imbogamizi zose zibuza Ukraine gukoresha intwaro zirasa imbere mu Burusiya.

Umunyamakuru yabajije Putin icyakorwa mu gihe byamaze kwemezwa ko Ukraine igiye kurasa imbere mu Burusiya cyangwa bikiri mu nzira zo kwemerwa, maze Putin avuga ko intambara yahita ihindura isura, kuko ngo yaba itakirimo kurwanywa na Ukraine ubwayo.

Putin avuga ko gukoresha intwaro zidahusha ku ntego zirasa ku ntera ndende kandi zakorewe mu bihugu by’u Burayi na Amerika, ari andi mateka y’intambara idahuye n’iyo amaze igihe arwana muri Ukraine.

Ati “N’abahanga barabyemeza ko igisirikare cya Ukraine kidafite ubushobozi bwo kurasa misile zigera kure hifashishijwe ubuhanga bugezweho kandi budahusha intego, ibyo bishoboka gusa iyo hakoreshejwe amakuru bahabwa na satelite, kandi ubwo bushobozi ntabwo Ukraine ifite, ahubwo yabuhabwa n’Uburengerazuba bw’isi(Amerika n’u Burayi).”

Ikindi Putin avuga kandi ngo gikomeye, ni uko abahanga bashobora kurasa mu Burusiya imbere hakoreshejwe amakuru y’ibyogajuru(satelite), abo na bo ngo Ukraine ntabo ifite, ahubwo ngo cyaba ari icyemezo cyo kwinjira kwa Amerika n’u Burayi mu ntambara, mu buryo bweruye.

Putin ati “Niba rero ari cyo cyemezo cyafashwe, ubwo intambara yaba ihinduye isura, bivuze ko ari OTAN yaba irimo kurwana n’u Burusiya.”

Urubuga rwa X rw’Umuryango BRICS uhanganye na OTAN, ruvuga ko mu gihe izo misile zigera ku ntera ndende zaba zirashwe mu Burusiya, igihugu cy’u Bushinwa kiri ku ruhande rw’u Burusiya, na cyo ngo cyahita cyinjira mu ntambara, kandi ngo yaba ihindutse iy’isi yose.

OTAN/NATO irashaka ko Ukraine yatsinda u Burusiya ikoresheje kubugabaho ibitero bya misile bigera imbere muri icyo gihugu, nyuma y’uko kwinjira mu Burusiya unyuze iyo ku butaka byanze, aho ingabo za Ukraine zari zimaze kwigarurira ibice byinshi by’intara ya Kursk zamaze kubivamo hapfuye benshi.

Source: Kigali Today

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge