U Rwanda rugiye kubaka ikimeze nka Silicon Valley yo muri USA

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yashyize ibuye ry’ifatizo ahazubakwa Umudugudu w’ikoranabuhanga wiswe ‘Kigali Innovation City’ mu cyanya cy’Inganda cya Kigali i Masoro mu Karere ka Gasabo, hagererwanywa na Silicon Valley yo muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, muri California.

Ni umushinga munini uzatwara ingengo y’imari ingana na miliyari zirenga 2,500 z’amafaranga y’u Rwanda, kandi ukaba udasanzwe kuri uyu mugabane wa Afurika.

Abahanga mu bijyanye no guhanga udushya mu ikoranabuhanga ritandukanye, bazajya bahahurira bakore imishinga itanga ibisubizo ku batuye u Rwanda n’umugabane wa Afurika muri rusange.

Uyu mudugudu ugererwana na Silicon Valley yo muri Amerika, ahabarizwa ibigo bitegeka Isi mu bijyanye n’ikoranabuhanga nka Google, Meta(ifite Facebook), Microsoft n’ibindi.

Minisiteri y’u Rwanda ishinzwe Ikoranabuhanga na Inovasiyo yari isanzwe itegura iyubakwa ry’uyu mudugudu kuva mu myaka 10 ishize, ukaba uzashyirwa ku buso bungana na hegitari 61, aho abarenga 50,000 ngo bazahabona imirimo.

Abakozi bo muri iyi Minisiteri bavuga ko hari abanyeshuri 2,600 bagiye mu bihugu bitandukanye kwiga ibijyanye n’ikoranabuhanga, bakazaza kuba abakozi mu Mudugudu wa Kigali Innovation City.

Ikinyamakuru Taarifa cyanditse ko u Rwanda ruteganya kuzajya rwungukira miliyoni $150 mu mishinga ruzajya rufasha ibihugu kugeraho binyuze mu bizakorerwa muri uriya mudugudu.

 

 

  • Related Posts

    Putin yahawe icyubahiro kirenze, Trump atahira aho

    Guhura kwa Perezida Trump wa Amerika na Putin w’u Burusiya hari ababinenze bavuga ko Perezida wa Amerika yabihombeyemo kuko nta cyo u Burusiya bwamwemereye kijyanye no guhagarika intambara muri Ukraine,…

    Read more

    ‎Gasabo: Ubuzima basigaje barabumara bafunzwe nyuma yo gufatanwa urumogi

    Uwitwa Ngirabatware Ferdinand w’imyaka 35 na ‎Nyiranizeyimana Honorine w’imyaka 30, bashobora kurangiriza ubuzima bwabo mu igororero (bafunzwe) nyuma yo ‘gufatanywa urumogi rwari rugiye gucuruzwa.’ Polisi y’Igihugu ikorera mu Mujyi wa…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    Putin yahawe icyubahiro kirenze, Trump atahira aho

    Putin yahawe icyubahiro kirenze, Trump atahira aho

    ‎Gasabo: Ubuzima basigaje barabumara bafunzwe nyuma yo gufatanwa urumogi

    ‎Gasabo: Ubuzima basigaje barabumara bafunzwe nyuma yo gufatanwa urumogi

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?