U Rwanda ruhagamye ikipe y’igihangange ya Nigeria

Yanditswe na Willian Bolgés Dasliva

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, yanganyije n’ikipe ya Nigeria mu mukino urangiye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Nzeri 2024, ukaba wari uwo gushaka itike y’igikombe cya Afurika, kizakinirwa muri Maroc mu mwaka utaha wa 2025.

Ni umukino ushimishije benshi barimo na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuba Amavubi y’u Rwanda anganyije ubusa ku busa (0-0) na ‘Super Eagles’ ya Nigeria, imwe mu makipe y’ibihangange kuri uyu mugabane.

Sitade Amahoro yari yakubise yuzuye, kuko Umujyi wa Kigali wari wahereye mu gitondo cya kare urarikira abantu kujya kureba uwo mukino.

Umutoza w’u Rwanda, Umudage Frank Spittler, yavuze ko yishimiye uko abakinnyi bitwaye mu kibuga kandi ko hakiri ibintu byo gukosora by’umwihariko ku ruhande rw’ubusatirizi bw’u Rwanda.

Spittler yijeje Abanyarwanda ko mu mikino izakurikiraho bazagerageza gukora cyane bagashaka amanota atatu, kuko bazahita bakina n’ikipe y’Igihugu cya Benin.

Kapiteni w’u Rwanda, Bizimana Djihad, we yatangaje bazakora ibishoboka bakitwara neza mu mikino izakurikiraho.

  • Related Posts

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Iteganyagihe ryatangajwe n’ikigo mpuzamahanga ICPAC ku bufatanye n’Umuryango w’ibihugu bigize icyogogo cy’uruzi rwa Nili ‘Nile Basin Initiative(NBI)’,  rigaragaza ko muri iyi mpeshyi hazabaho kugabanuka gukomeye kw’amazi y’imigezi n’ibiyaga, bikazagira ingaruka ku…

    Read more

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko Abanyamahanga bavuye muri Congo cyangwa abanyuzeyo mu gihe kitararenga iminsi 30 bakumiriwe kwinjira mu Rwanda, mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Ebola kimaze…

    Read more

    Ntibigucike

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Aimable Karasira yapfuye

    Aimable Karasira yapfuye

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye