Putin yahawe icyubahiro kirenze, Trump atahira aho

Guhura kwa Perezida Trump wa Amerika na Putin w’u Burusiya hari ababinenze bavuga ko Perezida wa Amerika yabihombeyemo kuko nta cyo u Burusiya bwamwemereye kijyanye no guhagarika intambara muri Ukraine, n’ubwo Trump we yahesheje Putin icyubahiro no kongera kwamamara.

Perezida w’u Burusiya ushinjwa gufata ubutaka bwa Ukraine no kwica abaturage b’icyo gihugu, yahawe icyubahiro kirenze urugero imbere y’amahanga mu Gihugu cy’igihangange nka Amerika.

The Wall Street Journal yanditse igira iti “Perezida Trump (wa Amerika) yakiriye mugenzi we w’u Burusiya, Vladimir Putin i Anchorage muri Alaska havuzwa ibirumbeti(fanfare), anyuzwa ku itapi y’umutuku, indege z’igisirikare ziguruka mu kirere, ndetse agendeshwa no mu modoka y’icyubahiro ya limousine.”

Iki kinyamakuru kigakomeza kivuga ko n’ubwo ibyo byose byabaye, ibiganiro byarangiye nta gahunda yemeranyijweho yo guhagarika intambara ikomeje koreka imbaga muri Ukraine.

Gusa nanone, n’ubwo Trump yavuze ko nta masezerano y’amahoro kuri Ukraine bagezeho we na Putin, yagize ati “Tubirimo.”

Abanyamakaru bari ahabereye ibiganiro bavuga ko bababajwe no kuba nta bibazo byakiriwe nyuma yo guhura kw’aba bakuru b’ibihugu bombi, kuko basohotse bagenda, Abanyamakuru bakabakurikiza urusaku rw’ibibazo.

Umutekano i Anchorage wari wakajijwe ku buryo abaturutse mu Burusiya ngo bihutiye gutaha. Ibiganiro byarangiye Putin na we atumiye mugenzi we Trump kuzamusura mu Burusiya.

Related Posts

‎Gasabo: Ubuzima basigaje barabumara bafunzwe nyuma yo gufatanwa urumogi

Uwitwa Ngirabatware Ferdinand w’imyaka 35 na ‎Nyiranizeyimana Honorine w’imyaka 30, bashobora kurangiriza ubuzima bwabo mu igororero (bafunzwe) nyuma yo ‘gufatanywa urumogi rwari rugiye gucuruzwa.’ Polisi y’Igihugu ikorera mu Mujyi wa…

Read more

MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

Inyungu y’ikigo cy’itumanaho, MTN Rwandacell Plc, mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka wa 2025 yageze kuri miliyari 6.3 Frw nyuma yo kwishyura imisoro. Ibi ngo bigaragaje intambwe nini mu…

Read more

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Ntibigucike

Putin yahawe icyubahiro kirenze, Trump atahira aho

Putin yahawe icyubahiro kirenze, Trump atahira aho

‎Gasabo: Ubuzima basigaje barabumara bafunzwe nyuma yo gufatanwa urumogi

‎Gasabo: Ubuzima basigaje barabumara bafunzwe nyuma yo gufatanwa urumogi

MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?