Icyogajuru cy’itumanaho cya Boeing cyasenyukiye mu isanzure bihita bigira ingaruka ku Isi

Gutakaza” iyi ‘satellite’ y’itumanaho byagize ingaruka ku bakiliya ba Intelsat ku Isi

Amakuru dukesha BBC avuga y’uko Icyogajuru (satellite) cy’itumanaho cyubatswe n’uruganda rwa Boeing rumaze iminsi mu bibazo bikomeye, cyasenyukiye muri ‘orbit’ cyakoreragamo.

Boeing, kompanyi rutura y’Abanyamerika izwi cyane mu gukora no kugurisha kuri kompanyi zitandukanye ku isi indege z’ubucuruzi n’ibyogajuru (satellite) n’ibigendajuru (spacecratfs) bijya mu isanzure.

Ikigo Intelsat gitanga serivisi z’itumanaho na internet bya ‘satellite’ ku isi n’izindi z’ikoranabuhanga, ari na cyo cyakoreshaga icyo cyogajuru cyasenyutse, cyemeje uko “gutakaza” iS-33e, kandi ko byagize ingaruka ku bakiliya bo mu Uburayi, Afurika n’ibice by’akarere ka Aziya bishyira ku nyanja ya Pasifika.

Intelsat ivuga ko yafashe ingingo zo “gusesengura byuzuye” ibyabaye “bidasanzwe’ kuri icyo cyogajuru.

Boeing imaze iminsi ifite ibibazo, birimo imyigaragambyo ya bamwe mu bakozi bayo ku ndege z’ubucuruzi, n’ibibazo by’ikigendajuru cyayo Starliner cyatwaye abahanga mu isanzure kuri International Space Station (ISS) muri Kamena(6) bagombaga kumarayo iminsi umunani ariko bagaherayo kubera ikibazo cya tekinike basanze Starliner ifite, kugeza ubu.

Intelsat yagize iti: “Turimo kuvugana n’abakoze icyo cyogajuru (iS-33e), Boeing, n’inzego za leta mu gusesengura amakuru no kwitegereza (ibyabaye)”.

Boeing nta cyo yahise ivuga ku gusenyuka kw’icyo cyogajuru, bigendanye n’iyo nkuru ya BBC n’ibyatangajwe na Intelsat.

Urubuga rwa Minisiteri y’ingabo za Amerika rukurikirana ingendo mu isanzure, SpaceTrack, na rwo rwemeje ibyabaye kuri iki cyogajuru.

Kuburira kwashyizwe kuri urwo rubuga kuvuga ko ingabo zishinzwe isanzure za Amerika (US Space Forces) nazo zivuga ko ubu zirimo “gukurikirana ibimanyu bigera kuri 20” bifitanye isano n’icyo cyogajuru.

Ku rundi ruhande, Boeing iracyugarijwe no kunengwa kubera kiriya kibazo cy’ikigendajuru cyajyanye abahanga mu isanzure cyabagezayo bagasanga gifite ikibazo ku buryo kitabasha guhita kibagarura.

Ubu byitezwe ko abo bahanga bazagaruka kw’Isi mu kwezi kwa Gashyantare(2) umwaka utaha nyuma y’uko ikindi kigendajuru cya SpaceX ya Elon Musk mu kwezi gushize kwa Nzeri(9) kigeze kuri International Space Station (ISS) gifite imyanya ibiri irimo ubusa kugira ngo kizabagarure.

Kuva mu kwezi gushize, Boeing ihanganye n’imyigaragambyo y’abakozi bayo barenga 3,000 bo mu ishami rikora indege z’ubucuruzi.

Abagize ihuriro ry’abakozi ubu bagomba gutora ku kifuzo iyi kompanyi yabo yabahaye none ku wa gatatu.

Iyi kompanyi yabemereye ibirimo kuzamura umushahara wabo kuri 35% mu myaka ine iri imbere.

Mu cyumweru gishize, Boeing yatangaje ko ikeneye amafaranga agera kuri miliyari 35$ yo gushyira mu bikorwa. Yavuze kandi ko guhera mu Ugushyingo(11) izahagarika abakozi 17,000 – abo ni abasaga 10% by’abakozi bayo bose.

Muri Nyakanga(7), Boeing yemeye ibyaha by’uburiganya nyuma y’uko iyi kompanyi inaniwe kubahiriza amavugurura yemeye gukora mu 2021 kubera impanuka ebyiri z’indege zayo za 737-Max zishe abagenzi 346 n’abakozi bazo. Kubera ibyo byaha yemeye yaciwe miliyoni 243$.

 

Julien B.

  • Related Posts

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Uyu munsi Abanyamuryango basaga 2,000 bateraniye ku Cyicaro cy’Umuryango FPR Inkotanyi i Rusororo mu nama nkuru ya Gatandatu y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye kuri uwo muryango. Ni inama ubusanzwe yitabirwa n’abanyamuryango bayobora…

    Read more

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Hari abayobozi barimo Senateri Prof Jean Pierre Dusingizemungu, basaba inzego zibishinzwe gukangurira abaturage korora inkwavu, bitewe n’uko zororoka vuba kandi zidasaba byinshi nk’andi matungo. Ni mu gihe ibiciro by’ibiribwa cyane…

    Read more

    Ntibigucike

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

    Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

    Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka

    Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka