Kwivanga k’Uburusiya, Ubushinwa na Irani mu Matora y’Amerika

Ikigo cy’ikoranabuhanga cya Microsoft ni kimwe mu byakoze icyegeranyo cyagaragaje ko Ubushinwa, Irani n’Uburusiya bishaka kugena ibizava mu matora

Amakuru dukesha ijwi ry’Amerika avuga yuko Ikigo cy’ikoranabuhanga cya Microsoft ari kimwe mu byakoze icyegeranyo cyagaragaje ko Ubushinwa, Irani n’Uburusiya bishaka kugena ibizava mu matora.

Habonetse ibimenyetso bishya bigaragaza ko Ubushinwa, Irani n’Uburusiya bishishikariye kongera ingufu zabyo mu kugena ibizava mu matora y’umukuru w’igihugu azaba mu kwezi gutaha muri Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Hakozwe ibyegeranyo bibiri ku bugenzuzi bw’umutekano w’ikoranabuhanga rya interineti n’abashobora guhungabanya cyangwa kuvangira imikorere yaryo. Icyambere cyakozwe n’ikigo cy’ikoranabuhanga cya Microsoft, ikindi gikorwa n’ikigo Recorded Future cyazobereye mu kurinda umutekano w’ibikorerwa ku ikoranabuhanga rya interinet. Ibyo byegeranyo byombi byerekanye ko umubare w’abantu bagaba ibitero by’ikoranabuhanga baturuka mu Burusiya, Ubushinwa na Irani, ukomeza kwiyongera – bose bagamije guteza ingingimira ku buryo abaturage b’Amerika babona amatora mu gihe asigaje ibyumweru bibiri gusa.

Ikigo cya Microsoft kivuga ko uruhare runini ruturuka ku bantu bafitanye isano n’Ubushinwa, abashakashatsi bita Spamouflage cyangwa Taizi Flood

Microsoft ivuga ko abikorwa by’Ubushinwa bigamije ku kwivanga noneho byaciye undi muvuno wo kwibasira abiyamamariza ubuyobozi bw’ibanze n’abagize inteko ishinga amategeko. Microsoft yemeza ko kuva mu kwezi kwa cyenda, Ubushinwa bwibasiye abadepite bane bo mu ishyaka ry’abarepubulikani bazwiho kunenga ubutegetsi bw’Ubushinwa.

Ambasade y’Ubushinwa i Washington yahakanye ibivugwa na Microsoft ivuga ko amatora ya perezida muri Amerika ari igikorwa kireba Abanyamerika. Avugana n’ijwi ry’Amerika, Ambasaderi Liu Pengyu yongeye guhakana uruhare rw’Ubushinwa mu kwivanga mu bireba Amerika nkuko akenshi icyo gihugu kibivuga.

Ibigo Microsoft na Recorded Future, byemeza ko Ubushinwa butari bwonyine muri ibi bikorwa. Ibyegeranyo by’ibi bigo byombi bivuga ko hari ibitero by’ikoranabuhanga rya interineti bituruka mu Burusiya, abashakashatsi bita Operation Overload cyangwa Storm-1679 (imvura y’umuhindo-1679 ubihinduye ijambo ku rindi mu Kinyarwanda) Recorded Future ivuga ko aba na bo bongereye ibitero by’ikoranabuhanga bagaba cyane cyane bagendereye guteza uburakari n’akaduruvayo mu bihinduje ibitsina n’abakorana imibonano n’abo basangiye igitsina, bakabaha amakuru agamije guteza imvururu zishingiye ku kubanena.

Microsoft ivuga ko bigaragara ko bazarushaho mu minsi iri imbere nkuko icyegeranyo cy’ikigo Recorded Future kibivuga. Iki cyegeranyo kivuga ko Uburusiya bukoresha ikoranabuhanga ry’ubwenge bucurano buzwi nka AI kwigana amajwi y’abanyamakuru bazwi bo muri Amerika bukayavugisha ubutumwa bugamije guteza umwiryane.

Ikigo Microsoft cyemeza ko Uburusiya bushobora kugera kuri bamwe mu bazatora bwifashishije urubuga X bushyiraho ubutumwa bwakuye ku rubuga rwa Telegram. Microsoft ivuga ko Video zicuzwe muri ubwo buryo zakuwe kuri Telegram zigashyirwa kuri X zarebwe cyane kurusha izo kuri Telegram.

Ibiro by’umuyobozi mukuru ushinzwe ubutasi ku rwego rw’igihugu muri Amerika byemeza ko Uburusiya, Irani n’Ubushinwa bikomeje umugambi wo guteza amacakubiri mu banyamerika no gutuma batakaza icyizere mu nzego zabo za demukarasi.

Abakozi b’inzego z’ubutasi muri Amerika bavuga ko Uburusiya bukora uko bushoboye ngo bwongere amahirwe ya Donald Trump umukuandida w’ishyaka ry’Abarepubulikani, gutsinda amatora, mu gihe bivugwa ko Irani yo ishaka ko umudemocrate Kamara Harris ari we utsinda amatora.

Julien B.

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge