Dore amadini n’amatorero byahagaritswe burundu mu Rwanda

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imiyoborere, RGB, rwahagaritse burundu mu Rwanda imiryango 14 ishingiye ku kwemera (amadini n’amatorero), mu gihe indi 4 yahagaritswe by’agateganyo kubera kutagira ubuzima gatozi, kandi ibyangombwa yari yahawe bikaba byararengeje igihe.

RGB ivuga ko imiryango ishingiye ku kwemera yahagaritswe burundu byatewe no kutubahiriza Amategeko, Imiyoborere mibi, amakimbirane y’urudaca mu bayoboke bayo n’amacakubiri mu bayobozi bayo.

Iyi miryango irashinjwa kandi kubangamira umutekano n’ituze by’Abanyarwanda, ubuzima, ubupfura, imico n’imyifatire myiza, ukwishyira ukizana n’uburenganzira bw’ibanze by’abandi.

Imiryango ishingiye ku kwemera yahagaritswe burundu ni Agape Blessing Community, Calvary Independent Baptist Missions of Rwanda, Charismatic Episcopal Church of Rwanda, Communauté des Egises Chrétiennes en Afrique, Eglise Chrétienne en Afique na Eglise Evangélique de la
Parole Vivante au Rwanda.

Hari na Eglise Evangélique des Frères
en Christ, International Pentecostal Holiness Church, ltorero Ebenezer Rwanda, Itorero Showers of Blessing Church hamwe n’Itorero Umuriro wa Pentecote mu Rwanda.

RGB yanahagaritse burundu Miracle Pool Church Ikarabiro, Siloam Family Holy Church in Rwanda, na Zeraphat Holy Church.

Mu miryango ishingiye ku kwemera yahagaritswe by’agateganyo kuko nta buzima gatozi yari yahabwa kandi ibyemezo byayo by’agateganyo bikaba byararengije igihe hari Abiringiye Uwiteka mu Rwanda, Inter-Church Youth Foundation, Power of Christ Light’s Church, na Rwanda Immanuel Church.

 

  • Related Posts

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Iteganyagihe ryatangajwe n’ikigo mpuzamahanga ICPAC ku bufatanye n’Umuryango w’ibihugu bigize icyogogo cy’uruzi rwa Nili ‘Nile Basin Initiative(NBI)’,  rigaragaza ko muri iyi mpeshyi hazabaho kugabanuka gukomeye kw’amazi y’imigezi n’ibiyaga, bikazagira ingaruka ku…

    Read more

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko Abanyamahanga bavuye muri Congo cyangwa abanyuzeyo mu gihe kitararenga iminsi 30 bakumiriwe kwinjira mu Rwanda, mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Ebola kimaze…

    Read more

    Ntibigucike

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Aimable Karasira yapfuye

    Aimable Karasira yapfuye

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye