Fatakumavuta yatawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, ruvuga ko rwataye muri yombi Sengabo Jean Bosco uzwi ku izina rya Fatakumavuta, akaba yafunzwe kuva kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Ukwakira 2024.

Fatakumavuta uzwi mu gutangaza amakuru y’imyidagaduro, arashinjwa gukoresha imvugo zishyamiranya abantu, gutukana ndetse no kubuza amahwemo abandi hifashishijwe imbuga nkoranyambaga.

Umuvugizi w’Ubugenzacyaha(RIB), Dr. Murangira Thierry yavuze ko Fatakumavuta yatawe muri yombi nyuma yo kugirwa inama kenshi.

Ati “Sengabo Jean Bosco uzwi ku izina rya Fatakumavuta yatawe muri yombi nyuma y’iminsi tumugira inama ndetse inshuro nyinshi yagiye yihanangirizwa ariko ahitamo kwinangira.”

Dr. Murangira avuga ko Leta ishora amafaranga menshi mu bikorwa remezo bijyanye no korohereza abantu kubona murandasi, ariko hakirindwa kuyikoresha ibyaha.

Dr Murangira avuga ko kugira urubuga nkoranyambaga umuntu yigengaho bitamuha ubudahangarwa bwo kuba yakurikiranwa mu gihe arukoresheje nabi.

Yagize ati “Imbuga nkoranyambaga nizikoreshwe neza, hirindwa kwinjira mu buzima bwite bw’abantu, gukoresha imvugo zikurura inzangano, gutukana, gutangaza amakuru y’ibihuha ndetse no gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni.”

Umuvugizi w’Ubugenzacyaha avuga ko Fatakumavuta acumbikiwe kuri Sitasiyo ya RIB ya Kimihurura.

 

  • Related Posts

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yamaze kwemeza ko mu biganiro bizamuhuza na mugenzi we Vladimir Putin kuri uyu wa Gatanu, hazabaho gusuzuma niba u Burusiya butaharirwa…

    Read more

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuri sitasiyo ya Polisi ya Ndera hafungiye umugore witwa Ntakirutimana Beatrice w’imyaka 35 y’amavuko, akaba akurikiranyweho icyaha cyo gukora inzoga zitujuje ubuzirange zo mu bwoko bwa likeri(Liqueur). Ntakirutimana yafashwe na…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Agakiza ka Mama Thierry urimo gusezerwaho none (kurikira live)

    Gusezera kuri Mama Thierry kanda hano wumve ubuhamya

    Gusezera kuri Mama Thierry kanda hano wumve ubuhamya