Fatakumavuta yatawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, ruvuga ko rwataye muri yombi Sengabo Jean Bosco uzwi ku izina rya Fatakumavuta, akaba yafunzwe kuva kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Ukwakira 2024.

Fatakumavuta uzwi mu gutangaza amakuru y’imyidagaduro, arashinjwa gukoresha imvugo zishyamiranya abantu, gutukana ndetse no kubuza amahwemo abandi hifashishijwe imbuga nkoranyambaga.

Umuvugizi w’Ubugenzacyaha(RIB), Dr. Murangira Thierry yavuze ko Fatakumavuta yatawe muri yombi nyuma yo kugirwa inama kenshi.

Ati “Sengabo Jean Bosco uzwi ku izina rya Fatakumavuta yatawe muri yombi nyuma y’iminsi tumugira inama ndetse inshuro nyinshi yagiye yihanangirizwa ariko ahitamo kwinangira.”

Dr. Murangira avuga ko Leta ishora amafaranga menshi mu bikorwa remezo bijyanye no korohereza abantu kubona murandasi, ariko hakirindwa kuyikoresha ibyaha.

Dr Murangira avuga ko kugira urubuga nkoranyambaga umuntu yigengaho bitamuha ubudahangarwa bwo kuba yakurikiranwa mu gihe arukoresheje nabi.

Yagize ati “Imbuga nkoranyambaga nizikoreshwe neza, hirindwa kwinjira mu buzima bwite bw’abantu, gukoresha imvugo zikurura inzangano, gutukana, gutangaza amakuru y’ibihuha ndetse no gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni.”

Umuvugizi w’Ubugenzacyaha avuga ko Fatakumavuta acumbikiwe kuri Sitasiyo ya RIB ya Kimihurura.

 

  • Related Posts

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

    Read more

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

    Read more

    Ntibigucike

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi