Perezida Kagame yakuyeho urujijo ku guha akazi abo bitiranwa

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakuyeho urujijo ku bavuga ko ashyira mu myanya y’akazi abo bitiranwa cyangwa abavandimwe be, aho bamwe babishingira ku kuba ku itariki 14 Ukwakira 2024 yarashyizeho Abakuru b’Ingabo babiri bitwa ba Kagame bombi.

Perezida Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, ku wa mbere w’iki cyumweru yagize Maj Gen Alex Kagame, Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, na Maj Gen Andrew Kagame agirwa Umuyobozi wa Diviziyo ya Mbere muri RDF.

Maj Gen Alex Kagame ari mu bayobozi bakuru bagejeje indahiro kuri Perezida wa Repubulika kuri uyu wa Gatandatu tariki 19 Ukwakira 2024, nyuma y’Abaminisitiri babiri bashya, ari bo Dr Patrice Mugenzi wa MINALOC na Dr Mark Cyubahiro Bagabe wa MINAGRI.

Perezida Kagame yagize ati “Bimeze nk’urwenya, abantu bazi ko nshyira mu kazi barumuna banjye cyangwa bakuru banjye, cyangwa abandi, ariko ntabwo ari byo. Abanyarwanda bita amazina asa ku mpamvu zitandukanye, nanjye ubwanjye izina ryanjye naryiswe bikurikije umuntu wari ubanye n’abanyise izina.”

Ati “Hari n’abashoboraga kwita izina umuntu bahereye ku ryanjye, ntabwo bivuze ko tuva mu muryango umwe, ntabwo nahaye umuntu akazi kubera ko tugira icyo dupfana, ntabwo ari byo, ndagira ngo mpanagure urwo rujijo ruriho.”

Perezida Kagame asaba abayobozi barahiye hamwe n’abandi basanzweho guharanira ko inzego zikorana, mu rwego rwo guteza imbere Igihugu.

 

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge