Tedros wa OMS yemereye u Rwanda ubufasha bwo guhangana na Marburg

Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubuzima ku Isi(WHO), Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus arizeza u Rwanda ko uwo muryango ugiye kongera ubufasha utanga kugira ngo rubashe guhangana n’icyorezo cya Marburg.

U Rwanda ruri mu bihugu 115 byo hirya no hino ku Isi bihabwa inkunga ya WHO yo guteza imbere ubuvuzi bw’ibanze kuri bose (Universal Health Coverage/UHC Partnership) kandi bwegereye abaturage, ikaba yarafashije u Rwanda kwegereza abaturage ibigo nderabuzima n’ibigo by’ubuvuzi(Health posts).

Ni gahunda irimo abafatanyabikorwa benshi barimo ibihugu n’imiryango mpuzamahanga nk’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi(EU), Ubwami bwa Luxembourg, Inkunga ituruka kuri Ireland(Irish Aid), u Buyapani, u Bufaransa, u Bwongereza, u Bubiligi, Canada, u Budage, Umuryango Commonwealth hamwe na Susan Thompson Buffett Foundation.

Dr Tedros yanditse ku rubuga rwa X agira ati “Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yavuze ko hari abagaragaweho na Marburg. WHO irimo kongera ubufasha kandi izakorana na Leta y’u Rwanda mu guhagarika ikwirakwira ry’iyo virusi hamwe no kurinda abaturage bari mu byago.”

Umuryango WHO uvuga ko indwara ya Marburg ifite ubukana bwo guhitana abarenga 88% mu bayanduye iyo batihutiye kugezwa kwa muganga, ukaba ushima u Rwanda ko rwageze kuri gahunda ya UHC y’uko umurwayi aho yaba aherereye hose mu Gihugu adashobora kurenza iminota 24 ataragezwa aho ashobora kwitabwaho.

 

 

 

  • Related Posts

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yamaze kwemeza ko mu biganiro bizamuhuza na mugenzi we Vladimir Putin kuri uyu wa Gatanu, hazabaho gusuzuma niba u Burusiya butaharirwa…

    Read more

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuri sitasiyo ya Polisi ya Ndera hafungiye umugore witwa Ntakirutimana Beatrice w’imyaka 35 y’amavuko, akaba akurikiranyweho icyaha cyo gukora inzoga zitujuje ubuzirange zo mu bwoko bwa likeri(Liqueur). Ntakirutimana yafashwe na…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Agakiza ka Mama Thierry urimo gusezerwaho none (kurikira live)

    Gusezera kuri Mama Thierry kanda hano wumve ubuhamya

    Gusezera kuri Mama Thierry kanda hano wumve ubuhamya