Social Media: Ubukwe bwapfuye, ubushyuhe bukabije

Ubu bukwe bwari kubera mu Karere ka Rulindo kuri uyu wa Kane, aho Uwayezu Angélique wo muri Kisaro yategereje Manirakiza Zacharie wo mu Karere ka Nyaruguru wagombaga kuza kumusaba, birangira ataje ubukwe burapfa.

Uyu Manirakiza yabwiye abantu kuri telefone ko bamwibeshyeho, asanganwe urugo. Byatangajwe kuri X ya Twahirwa Alphonse.

Ubushyuhe bukabije kuri uyu wa Gatanu

Uwitwa Oswald Mutuyeyezu bita Oswakim yabajije kuri X ati “Ni uwuhe munsi mu mateka aho Kigali yaba yarashyushye bikabije kurenza kuri uyu wa gatanu?”

Hari uwamusubije amwereka ko ubushyuhe i Kigali bwageze kuri degree selisiyusi 32. Ikigo Meteo-Rwanda kivuga ko inyanja ngari y’u Buhinde yakonje bigatuma itohereza ibicu byinshi bifite imvura, ari yo mpamvu izuba rikomeje kwaka cyane muri iki gihe hakagombye kuba hari imvura y’Umuhindo.

Israel irimo kuraswaho n’ubwo irinzwe na Iron Dome

Abaturage ba Iseraheli ubu barahangayitse bikomeye kubera ibisasu byinshi bya Hezbollah bitari kubaha agahenge, kandi bifite ubukana.

Muhire Munana Alphonse yanditse ku rubuga rwa X ko Abisiraheli ibyo kugenda bidegembya ngo Iron Dome irabarinze byasubiwemo, barikubona ko na byo ari ikibazo cy’igihe gusa ubundi na bo ibisasu bigatangira kubahuranya.

Hezbollah ikomeje gusuka missile nyinshi kuri Iseraheli yibutsa ko Hezbollah atari HAMAS. Uyu mutwe wagize uti “Mu minsi mike hari ikintu muzabona namwe, abaturage banyu babe bashaka aho bihisha kuko iyo mijyi turaje tuyiritagure natwe kurenza uko mu bitekereza.”

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge