Icyorezo cya Marburg: hikanzwe Ebola

Nyuma y’uko abantu batandukanye ku mbuga nkoranyambaga babajije Minisiteri y’Ubuzima(MINISANTE) iby’icyorezo kivugwa ko cyateye mu bitaro bimwe na bimwe mu Gihugu, byarangiye iyi Minisiteri itangaje ko ari virusi ya Marburg.

Abantu babibonye bavuga ko iyi ndwara yaje ifite ibimenyetso nk’ibya ebola (byo kuva amaraso), kandi ngo irimo kwibasira abaganga cyane.

Uwitwa Didace Niyifasha yabajije ati “RBC (Ikigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda), aya makuru ari kuzenguruka ku mbuga nkoranyambaga mwatubwira niba ari ukuri cyangwa ibinyoma, murakoze.”

Ubutumwa Niyifasha yashingiyeho bwavugaga ko mu bitaro bimwe na bimwe hari abaforomo bamaze kwitaba Imana, kandi ko uwo iyo ndwara ifashe aba afite ibyago bingana na 90% byo gupfa mu gihe kitarenze iminsi 3.

Mu bimenyetso biranga iyo ndwara uretse kuva amaraso ngo hari n’impiswi, kuruka no kubabara umutwe, nk’uko Minisiteri y’Ubuzima imaze kubitangaza, ivuga ko iyo ndwara iterwa na virusi yitwa Marburg, aho umuntu afatwa ahinda umuriro mwinshi.

MINISANTE ivuga ko mu bitaro bitandukanye byo mu Rwanda habonetse abarwayi bake bafite ibimenyetso by’indwara na virusi ya Marburg.

Ikavuga ko mu gihe hakorwa iperereza rigamije kumenya inkomoko y’iyi ndwara, hashyizweho ingamba zo kuyirinda no kuyikumira mu bitaro no mu bigo nderabuzima bitandukanye.

MINISANTE ivuga ko hatangiye igikorwa cyo kumenya abagiye bahura n’abagaragaweho n’iyi virusi, mu gihe abarwayi bakomeje kwitabwaho n’abaganga.

Iyi ndwara ngo ikwirakwizwa no gukora ku maraso n’amatembabuzi y’abantu bayirwaye. Ntabwo ikwirakwizwa binyuze mu mwuka.

MINISANTE igira iti “Uwo ari we wese wagaragaza ibimenyetso byayo ari byo kugira umuriro mwinshi, umutwe ukabije, kuruka, kuribwa mu mitsi, cyangwa kuribwa mu nda, yahamagara Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) kuri numero 114, cyangwa akegera ivuriro rimwegereye.”

Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko ikomeje gukurikiranira hafi iki kibazo kandi ikomeza kubagezaho amakuru ajyanye n’iyi ndwara. Abaturage barasabwa gukomeza imirimo yabo birinda kandi bakaza ingamba z’isuku.

Marburg, nk’uko Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubuzima(OMS) ribivuga, itangira kwigaragaza ku muntu wayanduye mu gihe cy’iminsi ibarirwa hagati ya 2-21, kandi ikaba ishobora kurembya cyangwa kwica 88% by’abayanduye.

  • Related Posts

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yamaze kwemeza ko mu biganiro bizamuhuza na mugenzi we Vladimir Putin kuri uyu wa Gatanu, hazabaho gusuzuma niba u Burusiya butaharirwa…

    Read more

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuri sitasiyo ya Polisi ya Ndera hafungiye umugore witwa Ntakirutimana Beatrice w’imyaka 35 y’amavuko, akaba akurikiranyweho icyaha cyo gukora inzoga zitujuje ubuzirange zo mu bwoko bwa likeri(Liqueur). Ntakirutimana yafashwe na…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Agakiza ka Mama Thierry urimo gusezerwaho none (kurikira live)

    Gusezera kuri Mama Thierry kanda hano wumve ubuhamya

    Gusezera kuri Mama Thierry kanda hano wumve ubuhamya