Icyorezo cya Marburg: hikanzwe Ebola

Nyuma y’uko abantu batandukanye ku mbuga nkoranyambaga babajije Minisiteri y’Ubuzima(MINISANTE) iby’icyorezo kivugwa ko cyateye mu bitaro bimwe na bimwe mu Gihugu, byarangiye iyi Minisiteri itangaje ko ari virusi ya Marburg.

Abantu babibonye bavuga ko iyi ndwara yaje ifite ibimenyetso nk’ibya ebola (byo kuva amaraso), kandi ngo irimo kwibasira abaganga cyane.

Uwitwa Didace Niyifasha yabajije ati “RBC (Ikigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda), aya makuru ari kuzenguruka ku mbuga nkoranyambaga mwatubwira niba ari ukuri cyangwa ibinyoma, murakoze.”

Ubutumwa Niyifasha yashingiyeho bwavugaga ko mu bitaro bimwe na bimwe hari abaforomo bamaze kwitaba Imana, kandi ko uwo iyo ndwara ifashe aba afite ibyago bingana na 90% byo gupfa mu gihe kitarenze iminsi 3.

Mu bimenyetso biranga iyo ndwara uretse kuva amaraso ngo hari n’impiswi, kuruka no kubabara umutwe, nk’uko Minisiteri y’Ubuzima imaze kubitangaza, ivuga ko iyo ndwara iterwa na virusi yitwa Marburg, aho umuntu afatwa ahinda umuriro mwinshi.

MINISANTE ivuga ko mu bitaro bitandukanye byo mu Rwanda habonetse abarwayi bake bafite ibimenyetso by’indwara na virusi ya Marburg.

Ikavuga ko mu gihe hakorwa iperereza rigamije kumenya inkomoko y’iyi ndwara, hashyizweho ingamba zo kuyirinda no kuyikumira mu bitaro no mu bigo nderabuzima bitandukanye.

MINISANTE ivuga ko hatangiye igikorwa cyo kumenya abagiye bahura n’abagaragaweho n’iyi virusi, mu gihe abarwayi bakomeje kwitabwaho n’abaganga.

Iyi ndwara ngo ikwirakwizwa no gukora ku maraso n’amatembabuzi y’abantu bayirwaye. Ntabwo ikwirakwizwa binyuze mu mwuka.

MINISANTE igira iti “Uwo ari we wese wagaragaza ibimenyetso byayo ari byo kugira umuriro mwinshi, umutwe ukabije, kuruka, kuribwa mu mitsi, cyangwa kuribwa mu nda, yahamagara Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) kuri numero 114, cyangwa akegera ivuriro rimwegereye.”

Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko ikomeje gukurikiranira hafi iki kibazo kandi ikomeza kubagezaho amakuru ajyanye n’iyi ndwara. Abaturage barasabwa gukomeza imirimo yabo birinda kandi bakaza ingamba z’isuku.

Marburg, nk’uko Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubuzima(OMS) ribivuga, itangira kwigaragaza ku muntu wayanduye mu gihe cy’iminsi ibarirwa hagati ya 2-21, kandi ikaba ishobora kurembya cyangwa kwica 88% by’abayanduye.

  • Related Posts

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Uyu munsi Abanyamuryango basaga 2,000 bateraniye ku Cyicaro cy’Umuryango FPR Inkotanyi i Rusororo mu nama nkuru ya Gatandatu y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye kuri uwo muryango. Ni inama ubusanzwe yitabirwa n’abanyamuryango bayobora…

    Read more

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Hari abayobozi barimo Senateri Prof Jean Pierre Dusingizemungu, basaba inzego zibishinzwe gukangurira abaturage korora inkwavu, bitewe n’uko zororoka vuba kandi zidasaba byinshi nk’andi matungo. Ni mu gihe ibiciro by’ibiribwa cyane…

    Read more

    Ntibigucike

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

    Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

    Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka

    Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka