Gen Kazura mu kiruhuko cy’izabukuru nyuma y’umwaka asimbuwe ku kuyobora RDF

Kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Kanama 2024, Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yemeje ko abasirikare bakuru barimo General Jean Bosco Kazura wabaye Umugaba mukuru wa RDF, bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru.

Itangazo rya Minisiteri y’Ingabo y’u Rwanda rivuga ko General Jean Bosco Kazura hamwe n’abandi bane, ari bo Brig Gen John Bagabo, Brig Gen John Bosco Rutikanga, Brig Gen Johnson Hodari na Brig Gen Firmin Bayingana bashyizwe ku kiruhuko cy’izabukuru.

General Jean Bosco Kazura yabaye Umugaba mukuru w’Ingabo z’u Rwanda mu kwezi k’Ugushyingo muri 2019, asimbuye Gen Patrick Nyamvumba, icyo gihe akaba yaranavuye ku ipeti rya Major General agirwa General(asimbutse ipeti rya Lt Gen).

Nyuma y’imyaka ine muri Kamena 2023, Perezida Kagame yongeye gukora impinduka mu gisirikare cy’u Rwanda, ubwo General Jean Bosco Kazura yasimbuwe ku mwanya w’Umugaba mukuru w’Ingabo z’u Rwanda na Gen Mubarakh Muganga.

Kuri uyu wa Gatanu, Perezida Kagame kandi yemereye ikiruhuko cy’izabukuru abandi basirikare 170 b’ipeti rya ofisiye muri RDF hamwe n’abandi ba ‘sous-officiels’ 992.

  • Related Posts

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    Inyungu y’ikigo cy’itumanaho, MTN Rwandacell Plc, mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka wa 2025 yageze kuri miliyari 6.3 Frw nyuma yo kwishyura imisoro. Ibi ngo bigaragaje intambwe nini mu…

    Read more

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yamaze kwemeza ko mu biganiro bizamuhuza na mugenzi we Vladimir Putin kuri uyu wa Gatanu, hazabaho gusuzuma niba u Burusiya butaharirwa…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Agakiza ka Mama Thierry urimo gusezerwaho none (kurikira live)