Nyuma y’iyi nama ni bwo Maj Gen Nzaramba n’abandi birukanywe

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, nyuma yo kuganira n’Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) kuri uyu wa Kane tariki 29 Kanama 2024, havuyemo kwirukana Umusirikare mukuru n’abandi basaga 200.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu bivuga ko Perezida Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yaganiriye na ‘Etat Major (Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo) ibijyanye n’amahoro hamwe n’iby’ingenzi bireba umutekano w’Igihugu.

Nyuma y’iyo nama kandi Ibiro by’Umuvugizi wa RDF byatangaje ko Perezida Kagame yirukanye mu gisirikare Jenerali Majoro(Maj Gen) Martin Nzaramba na Col Dr Etienne Uwimana, hamwe n’abandi ba ofisiye bakuru n’abato 19, ku mpamvu zitatangajwe.

Itangazo kandi rivuga ko Perezida Kagame yemeje gusesa amasezerano y’abandi basirikare 195 b’ayandi mapeti mu gisirikare cy’u Rwanda(RDF).

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge