SanlamAllianz ijyanye ubwishingizi bw’u Rwanda ku isoko mpuzamahanga

Ubwishingizi bw’u Rwanda buhagarariwe n’Ikigo Sanlam bugiye kugirirwa icyizere mu ruhando mpuzamahanga nyuma yo kwihuza na Allianz y’Abadage, izwiho kwishingira ibikorwa mpuzamahanga nk’imikino ya Olympic, Ubwato bwa Titanic n’ibindi.

Tariki 29 Kanama 2024 ibi bigo byatangaje ko biremye icyitwa SanlamAllianz, bikaba bizakoresha imari shingiro irenga miliyari ebyiri z’amadolari ya Amerika mu kwishingira abantu n’imitungo yabo, mu bihugu 27 ikoreramo muri Afurika.

Impuguke mu bijyanye n’ubukungu, Straton Habyarimana, agira ati “Kugira ngo ugere ku masoko mpuzamahanga bisaba kugaragaza ko ufite ubunararibonye bwemewe ku rwego mpuzamahanga, iyo ubonye ikigo nka Allianz uba ubasha kwinjira mu masoko yandi atari ayo mu Rwanda yonyine.”

Habyarimana ati “Iyo ugiye gutumiza ibintu mu Bushinwa, kugira ngo kontineri yawe ize igomba gufatirwa ubwishingizi, ariko ntabwo ufata ikigo icyo ari cyo cyose ngo gikore ubwo bwishingizi, ugomba gufata ikigo cyemewe mu ruhando mpuzamahanga nka Allianz, iryo soko kandi riragenda ryaguka.”

Abayobozi ba SanlamAllianz

Umuyobozi ushinzwe abakiriya banini muri SanlamAllianz, Regis Uramutse, avuga ko kwihuza kw’ibi bigo byombi bigamije gufasha abakiriya kubona akamaro kanini mu byo bashingana, kugeza ubu birimo ubwishingizi rusange, amashuri y’abana, inkongi, imodoka n’indi mitungo.

SanlamAllianz isanzwe kandi yishingira abateganyiriza izabukuru, ubumuga, urupfu, gufata umwenda muri banki cyangwa guhagarikwa mu kazi.

Uramutse yagize ati “Twahuje imbaraga kugira ngo ibyo byose bize, buriya bwato binini bwakoze impanuka ujya wumva bwitwaga Titanic ni twe twabwishingiye, byose twarabyishyuye guhera ku bagombaga guhabwa indishyi, ibyangiritse na bariya bantu bari baburimo.”

Uramutse ati “Sitade yo mu Budage ya Bayern Munich, iriya mikino ya Olympic, ni twe twabaye umuterankunga mukuru, izo ni zo mbaraga rero tuzanye.”

Umuyobozi Mukuru ushinzwe ubwishingizi bw’ubuzima muri Sanlam, Hodari Jean Chrysostome, avuga ko kwihuza kw’ibi bigo bigiye kubafasha kubahiriza ibipimo mpuzamahanga, kuko hari ubunararibonye bazakura ahandi ndetse na Allianz ikazigira kuri Sanlam y’u Rwanda.

Hodari ati “Abakiriya bazarushaho kubona serivisi nziza kandi barusheho gufatwa neza.”

Hodari avuga ko bagiye kwereka abantu akamaro k’ubwishingizi burenze ibijyanye n’ubuzima, kuko n’ibindi byago biba bibategereje nko kujya mu zabukuru, kuva mu kazi cyangwa urupfu rutuma umuntu asiga umuryango we mu kaga.

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge