Umuturage uhembwa munsi y’ibihumbi 100Frw arasabwa ruswa y’ibihumbi 269Frw-Transparency

Umuryango mpuzamahanga urwanya ruswa n’akarengane, ishami ry’u Rwanda (Transparency International-Rwanda), uratabariza Abaturarwanda barenga 71% bahembwa umushahara uri munsi y’ibihumbi 100 ku kwezi, ariko bagasabwa ruswa ihanitse itari munsi y’ibihumbi 269Frw.

Ibi bikubiye mu gipimo cya ruswa mu Rwanda cyiswe ‘Rwanda Bribery Index (RBI)’ 2025, cyatangajwe na Transparency kuri uyu wa Gatatu, aho Umuyobozi nshingwabikorwa w’uyu muryango, Apollinaire Mupiganyi, asaba inzego gufata ingamba zidasanzwe.

Agira ati “Abasaba ruswa barabizi ko ari icyaha gihanwa bikomeye, ni yo mpamvu iyo ayisabye asaba amafaranga atubutse, impuzandengo y’ayo buri muntu asaba ni ibihumbi 269Frw nibura, n’ubwo abenshi mu Rwanda bahembwa umushahara uri munsi y’ibihumbi 100Frw. Urumva ko bigoye kugira ngo bashobore kwigondera igiciro cya ruswa irimo gusabwa.”

Ibyo Urwego rw’Umuvunyi rwishimira n’ibyo runenga

Ruswa yakwa mu nzego uko ingana

Amakuru ari muri Rwanda Bribery Index yishimirwa n’Urwego rw’Umuvunyi mu Rwanda (rushinzwe kurwanya ruswa n’akarengane), ni uko abaturage bavuga ko itangwa rya ruswa ryagabanutseho 4%.

Iyi nyigo ivuga ko muri 2023 ruswa yatangwaga kuri serivisi za Leta n’iz’abikorera mu Rwanda yari kuri 18%, ubu ikaba igeze kuri 14% imanuka, ndetse ngo abaturage bangana na 98% bemera ko bashobora kubona serivisi mu nzego zitandukanye nta ruswa batanze.

Ruswa iravugwa cyane mu nzego z’abikorera, iz’ubutabera hamwe n’iz’ibanze, mu gihe izitangirwamo serivisi ikenerwa cyane nka Polisi, REG, RURA na WASAC, ruswa ngo irimo kugenda igabanuka bitewe n’abantu batanga amakuru mu ibanga.

Transparency International ikavuga ko muri serivisi ziganjemo ruswa mu Rwanda, iziza ku mwanya wa mbere ari izijyanye n’ubutaka ku kigero cya 21% cyane cyane muri za ‘One Stop Centers’ z’uturere aho ikigero kizamuka kikagera kuri 30%.

Umuvunyi Mukuru aranenga by’umwihariko imitangire y’imyenda (amadeni) mu mabanki, aho umuntu ajya gusaba inguzanyo bakamwaka ruswa kandi ari amafaranga azishyura hiyongereyeho inyungu.

Nirere Madeleine agira ati “Komite zo kurwanya ruswa mu mabanki n’ahandi zigomba gukora, izo komite ziri mu nzego za Leta no mu bikorera, hakarebwa itangwa ry’amasoko no muri cyamunara kuko hari abo byahaye umusaruro utemewe, ugasanga umuntu yaguze inzu n’undi ufitanye isano n’umukozi wa banki cyangwa se uwo yarangiye.”

Akomeza agira ati “Usanga umuntu afite inzu cyangwa indi mitungo myinshi yaguze muri cyamunara, ariko amakuru aba yayahawe n’umukozi wa banki. Ni ikibazo gikomeye tuganiraho n’inzego z’abikorera” kuri uyu wa Kane tariki 04 Ukuboza 2025.

Umuyobozi Nshingwabikorwa wa Transparency International Rwanda, Mupiganyi, yibutsa ko icyaha cya ruswa kidasaza, aho uwaba afite umutungo kabone n’ubwo haba hashize igihe kinini, Leta ngo ishobora kuwufatira ndetse nyirawo agahanishwa igifungo kuva ku myaka 5 kugera kuri 7.

Umuryango Transparency International Rwanda wasubije amaso inyuma kuri RBI yo muri 2022 kuri ruswa, uyigereranya n’iyi yo muri 2025, usanga ruswa mu Rwanda yaragabanutse ku kigero uvuga ko gishimishije cyane cya 15%, kuko ibipimo byavuye kuri 29% ubu bikaba bigeze kuri 14%.

Ruswa yakwa mu nzego uko ingana
  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge