Umuhanzi Vestine yanze umugabo umaze amezi ane ashakanye na we

Umuririmbyi w’indirimbo zitwa izo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine yatangaje ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram ko yicujije impamvu yashakanye n’umugabo w’Umunya Burkina Faso, Idrissa Jean Luc Ouédraogo.

Vestine yanditse mu cyongereza, avuga ko abayeho mu buzima bubi butamukwiriye, kandi ko amahitamo yagize ari mabi, mu kuba yarashakanye n’umugabo umwicira ubuzima.

Yagize ati “Uyu munsi ubuzima mbayeho ntabwo ari bwo nahisemo, ndi mu bihe bibi kandi si byo byari binkwiriye. Ndabizi ko nagize amahitamo mabi mu buzima bwanjye, ariko ntakundi nagira. Imana yemera ko ibintu bimwe bitubaho kugira ngo tubyigireho, nkaba rero narize byinshi. Nta mugabo uzongera kumbeshya ukundi ngo anyangirize ubuzima.”

Yakomeje agira ati “Ubutaha ninjya guhitamo umugabo tuzabana, nzabanza mumenye neza, menye umuryango we ndetse na buri kintu kimwerekeyeho. Nta muntu uzongera gupfa kunkoresha.”

Imbuga nkoranyambaga za Vestine Ishimwe ntabwo zikigaragaza amafoto y’ibihe by’ubukwe bagiranye n’umugabo we, bivuze ko ashobora kuba yarayasibye.

Vestine na Ouédraogo bakoze ubukwe tariki 05 Nyakanga 2025, nyuma y’uko banabanje gusezerana imbere y’amategeko.

  • Related Posts

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Iteganyagihe ryatangajwe n’ikigo mpuzamahanga ICPAC ku bufatanye n’Umuryango w’ibihugu bigize icyogogo cy’uruzi rwa Nili ‘Nile Basin Initiative(NBI)’,  rigaragaza ko muri iyi mpeshyi hazabaho kugabanuka gukomeye kw’amazi y’imigezi n’ibiyaga, bikazagira ingaruka ku…

    Read more

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko Abanyamahanga bavuye muri Congo cyangwa abanyuzeyo mu gihe kitararenga iminsi 30 bakumiriwe kwinjira mu Rwanda, mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Ebola kimaze…

    Read more

    Ntibigucike

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Aimable Karasira yapfuye

    Aimable Karasira yapfuye

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye