Umuhanzi Vestine yanze umugabo umaze amezi ane ashakanye na we

Umuririmbyi w’indirimbo zitwa izo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine yatangaje ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram ko yicujije impamvu yashakanye n’umugabo w’Umunya Burkina Faso, Idrissa Jean Luc Ouédraogo.

Vestine yanditse mu cyongereza, avuga ko abayeho mu buzima bubi butamukwiriye, kandi ko amahitamo yagize ari mabi, mu kuba yarashakanye n’umugabo umwicira ubuzima.

Yagize ati “Uyu munsi ubuzima mbayeho ntabwo ari bwo nahisemo, ndi mu bihe bibi kandi si byo byari binkwiriye. Ndabizi ko nagize amahitamo mabi mu buzima bwanjye, ariko ntakundi nagira. Imana yemera ko ibintu bimwe bitubaho kugira ngo tubyigireho, nkaba rero narize byinshi. Nta mugabo uzongera kumbeshya ukundi ngo anyangirize ubuzima.”

Yakomeje agira ati “Ubutaha ninjya guhitamo umugabo tuzabana, nzabanza mumenye neza, menye umuryango we ndetse na buri kintu kimwerekeyeho. Nta muntu uzongera gupfa kunkoresha.”

Imbuga nkoranyambaga za Vestine Ishimwe ntabwo zikigaragaza amafoto y’ibihe by’ubukwe bagiranye n’umugabo we, bivuze ko ashobora kuba yarayasibye.

Vestine na Ouédraogo bakoze ubukwe tariki 05 Nyakanga 2025, nyuma y’uko banabanje gusezerana imbere y’amategeko.

  • Related Posts

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko atumva uburyo abantu babiri bananirwa kubana nk’abashakanye kugera ubwo batandukana. Izi gatanya(divorces) zikaba ziganje mu bakiri bato barimo gushinga ingo muri iyi myaka…

    Read more

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Muri gahunda ya kabiri ya Guverinoma NST2 izarangira mu mwaka wa 2029, Leta y’u Rwanda yateganyije gukuba kabiri umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, harimo n’uw’amata, ariko mu bigomba gutanga ayo…

    Read more

    Ntibigucike

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”