Polisi yafunze Mupenzi imufatanye amaburo afunga intsinga z’amashanyarazi

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Mujyi wa Kigali, yatangaje ko yafunze uwitwa Sabato Mupenzi w’imyaka 27 y’amavuko kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Ukwakira 2025, akaba yari atwaye ku igare imifuka ibiri irimo amaburo manini afatisha itsinga z’amashanyarazi ku mapironi no kuri transfo.

Polisi ivuga ko Mupenzi yafatiwe mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Ndera, Akagari ka Mukuyu mu Mudugudu wa Kigabiro, ku bufatanye bw’inzego z’umutekano n’abaturage batanze amakuru bavuga ko bamubonye akora ibyo bikorwa byo kwangiza ibikorwaremezo by’amashanyarazi

Polisi ivuga ko Mupenzi agifatwa yatangaje ko yari avuye mu Murenge wa Bumbogo ajyanye ayo maburo mu Murenge wa Rusororo, akaba ngo yari yitwaje na za supana (zikoreshwa mu kuyafungura) hamwe n’umuhoro.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali,
Chief Inspector of Police (CIP), Wellars Gahonzire, avuga ko kwiba no kwangiza ibikorwaremezo by’amashanyarazi bitera ibura ry’umuriro bigakurura ikibazo cy’umutekano muke.

CIP Gahonzire yagize ati “N’ubwo hari ibyo yari amaze kwiba, ariko iyo adafatwa yari kuzakomeza guteza ibyo bibazo bya hato na hato by’ibura ry’umuriro kubera amapiloni yangije, Leta ikajya ihora igaruka gusana.”

Polisi ishimira abaturage bakomeje kubahiriza inshingano zabo zo kurinda ibikorwaremezo by’amashanyarazi kwangizwa, kuko bihagarika imirimo y’iterambere bikanateza umutekano muke, ndetse bigateza Leta igihombo.

Polisi y’u Rwanda ivuga ko ibikorwa byo gufata abajura bangiza ibikorwaremezo by’amashanyarazi bikomeje kugira ngo bafatwe baryozwe ibyo baba bakoze, igasaba abaturage gukomeza gutanga amakuru ku bantu bazwiho kwiba no kwangiza ibyo bikoresho bya Leta.

Ingingo ya 14 y’amabwiriza agenga ubucuruzi bw’ibikoresho by’amashanyarazi n’iby’ikoranabuhanga byakoreshejwe ivuga ko mbere yo kugura ibikoresho by’amashanyarazi cyangwa iby’ikoranabuhanga byakoreshejwe, ucuruza agomba kubanza kugenzura ko ubigurisha ari we nyirabyo wemewe n’amategeko.

Ucuruza agomba kandi kwandika umwirondoro w’umuntu ugurisha ugaragaza amazina, kopi y’indangamuntu, pasiporo cyangwa icyemezo cy’iyandikwa ry’ubucuruzi, aho atuye, inomero ya telefone na aderesi y’ubutumwa koranabuhanga(email) iyo ihari.

Ingingo ya 182 y’Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ivuga ko umuntu wese usenya cyangwa wonona ku bw’inabi, ku buryo ubwo ari bwo bwose, inyubako yose cyangwa igice kimwe cyayo, inzu, iteme, urugomero, uruhombo rw’amazi n’inzira yarwo, inzira ya gari ya moshi cyangwa ibikoresho ibyo ari byo byose by’itumanaho cyangwa by’ingufu z’amashanyarazi, amariba cyangwa izindi nyubako zose bitari ibye, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka 3 ariko kitarenze imyaka 5 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni 3 ariko atarenze miliyoni 5.

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge