Perezida wa Madagascar yahunze

Perezida w’ikirwa cya Madagascar, kimwe mu bihugu bigize Umugabane wa Afurika, Andry Rajoelina, yahunze kuri uyu wa Gatandatu tariki 11 Ukwakira 2025 nyuma y’uko igisirikare kimuvuyeho kikifatanya n’abaturage bamaze iminsi bigaragambya.

Kuva mu kwezi gushize kwa Nzeri ni bwo abaturage biganjemo urubyiruko bagiye mu mihanda batangira kwigaragambya bavuga ko nta mazi n’umuriro babona, ariko bijundika Perezida Rajoelina wari umaze imyaka 2 yongeye gutorerwa kuyobora Madagascar muri 2023.

Kuri uyu wa Gatandatu, ubwo yari amaze kubona ko asumbirijwe, Ingabo zamushyizeho zimaze kwifatanya n’abaturage kumwamagana, Rajoelina yahunze ariko ibitangazamakuru bivuga iyi nkuru ntibigaragaza aho yerekeje.

Minisitiri w’Intebe wa Madagascar, Ruphin Fortunat Zafisambo, yasabye ibice byose by’abigaragambya gutuza hagatangira ibiganiro byo kumva ibyo abaturage bakeneye bigashakirwa ibisubizo.

  • Related Posts

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Iteganyagihe ryatangajwe n’ikigo mpuzamahanga ICPAC ku bufatanye n’Umuryango w’ibihugu bigize icyogogo cy’uruzi rwa Nili ‘Nile Basin Initiative(NBI)’,  rigaragaza ko muri iyi mpeshyi hazabaho kugabanuka gukomeye kw’amazi y’imigezi n’ibiyaga, bikazagira ingaruka ku…

    Read more

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko Abanyamahanga bavuye muri Congo cyangwa abanyuzeyo mu gihe kitararenga iminsi 30 bakumiriwe kwinjira mu Rwanda, mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Ebola kimaze…

    Read more

    Ntibigucike

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Aimable Karasira yapfuye

    Aimable Karasira yapfuye

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye