Hafi ya gare ya Nyanza hafatiwe abakekwaho ubwambuzi banywa urumogi

Ku wa Kabiri tariki ya 07 Ukwakira 2025, mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Gatenga, Akagari ka Nyanza, Umudugudu wa Isonga, hafatiwe abagabo 7 bakurikiranyweho gutega abajya n’abava muri Gare ya Nyanza bakabambura ibyo bafite.

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Mujyi wa Kigali ivuga ko aba bakurikiranyweho ubwambuzi banafatanywe ibiyobyabwenge by’urumogi bari kurunywera mu ishyamba riri inyuma ya Gare ya Nyanza.

Polisi uvuga ko hari hashize igihe abaturage bategera muri Gare ya Nyanza bagaragaza ikibazo cy’uko hari abajura babategera mu gashyamba kari inyuma ya Gare, umanuka ujya mu mudugudu wa Juru, bakabambura ibyo bafite.

Polisi, ifatanije n’izindi nzego z’umutekano, yakoze operasiyo yo kubafata, ku ikubitiro hafatwa abo yita abajura ruharwa 3 n’abandi bantu 4 bari mu iryo shyamba bari kunywa urumogi, bakaba ngo bihisha, hagira umuturage uhanyura bakamwambura ibyo afite.

Polisi ivuga ko ibikorwa byo gufata abantu nk’aba “bahungabanya umutekano n’ituze by’abaturage bikomeje, abafashwe bakaba bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gikondo.”

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, Chief Inspector of Police (CIP), Wellars Gahonzire, yashimiye abaturage batanze amakuru, akizeza abakoresha Gare ya Nyanza ko iki kibazo kigomba gukemuka burundu, kuko ngo hashyizwemo imbaraga cyane cyane ku kuhakorera igenzura rihoraho kugira ngo abajura bose bafatwe kandi bahanwe.

CIP Gahonzire avuga ko nta bwihisho abajura n’abakoresha ibiyobyabwenge bafite muri iki gihugu, kandi agasaba abaturage gukomeza kugaragaza ikibazo bafite no gutanga amakuru kuri abo bantu.

  • Related Posts

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko atumva uburyo abantu babiri bananirwa kubana nk’abashakanye kugera ubwo batandukana. Izi gatanya(divorces) zikaba ziganje mu bakiri bato barimo gushinga ingo muri iyi myaka…

    Read more

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Muri gahunda ya kabiri ya Guverinoma NST2 izarangira mu mwaka wa 2029, Leta y’u Rwanda yateganyije gukuba kabiri umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, harimo n’uw’amata, ariko mu bigomba gutanga ayo…

    Read more

    Ntibigucike

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”