Gitifu w’Akarere n’abandi 13 bafunzwe bazira kurya iby’abarokotse Jenoside

Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwafunze abantu 14 barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa (Gitifu) w’Akarere ka Nyabihu, Mugiraneza David, n’abandi baregwa kuba abafatanyacyaha, harimo abakozi bashinzwe amasoko, ushinzwe ubwubatsi, ushinzwe imibereho myiza, bamwe mu bayobozi b’imirenge, bamwe mu bakuriye Umuryango Ibuka mu mirenge hamwe na ba rwiyemezamirimo.

RIB ivuga ko aba bose bakurikiranyweho ubufatanyacyaha mu kunyereza amafaranga yagenewe gusana inzu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ziherereye mu mirenge 7 igize Akarere ka Nyabihu.

RIB ivuga ko mu bihe bitandukanye, abakekwa bagiye basinya inyandiko zemeza ko hakiriwe ibikoresho by’ubwubatsi kandi bitakiriwe, ndetse n’ibyakiriwe bikaba bitujuje ubuziranenge.

RIB ivuga ko abakurikiranyweho ibyo byaha bafungiwe kuri Station za RIB zitandukanye mu gihe dosiye yabo ikirimo gutunganywa kugira ngo yoherezwe mu Bushinjacyaha.

RIB yibutsa abantu bafite inshingazo zo gucunga umutungo wa rubanda kwirinda kuwurigisa, kuwusesagura cyangwa kuwukoresha nabi kuko bihanwa n’amategeko.

RIB irashimira abantu bose batanga amakuru ku barigisa, basesagura cyangwa bafata nabi umutungo wa rubanda, ikanabashishikariza gukomeza kujya bayatangira ku gihe kugira ngo bifashe gukumira icyaha kitaraba.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Ibuka, Ahishakiye Naphatal, avuga ko ari ubwa mbere Umuyobozi muri Ibuka afatiwe mu byaha byo kurya ibyagenewe bagenzi be barokotse Jenoside, ati “Mu gihe yaba ahamwe n’icyo cyaha ni ibintu bigayitse.”

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu buhumuriza abaturage bubabwira ko nta gikuba cyacitse.

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge