Perezida Kagame yasabye Ingabo gutegura urugamba(amafoto)

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda(RDF), yaganirije abasirikare bayobora abandi(ba ofisiye) bo mu Ngabo z’Igihugu barenga 6,000 harimo n’abo muri Polisi no mu Rwego rw’Igihugu rw’Igorora(RCS), abasaba kwitegura urugamba.

Kuri uyu wa Mbere tariki 25 Kanama 2025, ni bwo aba bofisiye basoje imyitozo bari bamazemo iminsi mu kigo cya gisirikare cya Gabiro kiri mu Karere ka Gatsibo mu Ntara y’Iburasirazuba.

Perezida Kagame yatangiye abasuhuza mu rurimi rw’Igiswayire ati “Hamjambo”, ababaza niba akazi bamaze igihe bakora kameze neza, na bo bati “Ni Sawa Afande.”

Perezida Kagame avuga ko Igihugu cyanyuze mu mateka ariko “igikomeye kirimo ari uko u Rwanda rutazimira kuko nta we udufiteho uburenganzira, hari abashaka kwigira nk’aho baremye abandi, ariko niba hari abaremye abandi, abo baremye ni ab’ahandi ntabwo ari abo mu Rwanda.”

Perezida Kagame avuga ko Abanyarwanda ari bo bigenera uko babaho, ariko n’iyo haba abafite icyo babaha ngo ntabwo byaza byambura u Rwanda uburenganzira rwifiteho.

Perezida Kagame yavuze ko ibi ari byo biha Ingabo z’u Rwanda inshingano nini yo kurinda ubusugire bw’Igihugu “kugira ngo ibirura bitabarya.”

Avuga ko nta myaka itanu ishobora gushira hatabayeho ibibazo byugariza u Rwanda, ari yo mpamvu asaba Ingabo z’u Rwanda kwitegura neza urugamba zikarutsinda.

Ati “Abakuru b’ibihugu bajya ku ma radio n’ahandi bakavuga nta soni ko bazatera u Rwanda bakavanaho ubuyobozi, sindibuvuge byose, niba bakunda intambara bazayitware ahandi ntibazayizane ku Rwanda, bizaba bibi ku bashoje intambara ku Rwanda.”

Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda yakomeje agira inama RDF gufata neza no kurondereza amikoro bahabwa, kandi intego yabo ikagerwaho.

Ati “Ririya sasu risohoka rigomba kugenda ryanditseho izina ry’uwo urigeneye, ugomba gufora ugahamya, kuko iyo ukoresheje isasu rimwe, abiri, atatu nta cyo uhamya haba hari ikibazo, kuko n’undi arafora.”

Perezida Kagame avuga ko ubu amasasu asigaye ahenze cyane, “aho igisasu kimwe kigurwa nk’amadolari ibihumbi bitanu, iyo uhushije umaze kurasa nk’ibisasu bitanu, ayo mikoro azava he, ubwo ni ukuvuga ngo urafasha umwanzi ushaka kugufata ari uko ayo masasu yagushiranye, ibyo ni byo mukwiriye kuba mutekereza.”

Avuga ko Interahamwe, Wazalendo cyangwa Leta ya Congo, batavuga ibibi bakora ahubwo bahora bijunditse u Rwanda, bikaba ari byo bikwiye kuviramo Ingabo z’u Rwanda guhora ziteguye, kandi zigakora byinshi bidasaba amikoro y’ikirenga.

Perezida Kagame avuga ko u Rwanda rutajya rushoza intambara keretse uwayirushojeho, ndetse ko rurenga aho rukajya kubaka amahoro mu bindi bihugu kandi ngo ruzakomeza kubikorera ababishaka, ‘ntabwo igisirikare cyacu ari ‘igicanshuro.’

Uretse urugamba rw’amasasu, Perezida Kagame yasabye abagize inzego z’umutekano kurwana n’urw’amakuru y’ibihuha ahesha u Rwanda u Rwanda isura mbi(harimo aya Human Rights Watch), aho uzabikomeza na we ashobora kuraswa

Related Posts

RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

Read more

Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

Read more

Ntibigucike

RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi