Nyarugenge: Bashobora kurangiza ubuzima bafunzwe nyuma yo gufatanwa urumogi

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge ANU, ryerekanye abagabo babiri bagiye kumara ubuzima basigaje ku isi bafunzwe, nyuma yo gufatanwa urumogi kuri iki cyumweru tariki ya 24/08/25.

Polisi ivuga ko Imfurayase Themisphore w’imyaka 40 na Byukusenge Alan w’imyaka 28 bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya, Akagari ka Nyamweru, Umudugudu wa Mubuga batwaye ibiro 30 by’urumogi kuri moto ifite purake RJ506X.

Mu Rwanda urumogi rushyirwa mu cyiciro cy’ibiyobyabwenge bihambaye, aho uhamijwe n’urukiko ibikorwa byo kubikora, kubihinga, kubihindura, kubitunda, kubibika, kubiha undi cyangwa kubigurisha mu gihugu, ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu ya miliyoni 20Frw, ariko itarenze miliyoni 30Frw.

Imfurayase na Byukusenge bakimara gufatwa ngo bavuze ko uru rumogi bari barukuye mu Karere ka Rubavu baruhawe n’umuturage (ugishakishwa n’inzego z’umutekano) kugira ngo baruzane mu Karere ka Nyarugenge i Nyamirambo kuri nyirarwo (na we ugishakiswa), akaba yari kurucuruza ku bakiriya be.

Polisi ivuga ko aba bagabo bombi bafunzwe atari ubwa mbere bafatiwe muri ibi bikorwa byo gutwara urumogi.

Imfurayase ngo yavuze ko yari guhembwa amafaranga ibihumbi 80Frw iyo ageza urumogi aho yari yabwiwe, naho Byukusenge akaba yagendaga kuri moto afashe umufuka rurimo, agahembwa ibihumbi 20Frw.

Itangazo rya Polisi rivuga ko abo bagabo bayibwiye ko uru rumogi barwinjiza mu Rwanda barukuye mu gihugu cya Congo aho babikoraga nk’ababigize umwuga.

Hamwe n’urumogi bari bafite bakaba bashyikirijwe Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB ngo bakurikiranwe mu mategeko, ndetse ko ibikorwa byo gufata abo bakoranaga na bo byatangiye.

Polisi ivuga ko gufata abatwaye urumogi byagezweho ku bufatanye n’abaturage batanze amakuru rutarakwirakwira mu baturage, kikaba ngo ari ikimenyetso cy’imikoranire, “bikanashimangira ko abaturage bamaze kumenya ububi bw’ibiyobyabwenge ku mibereho yabo.”

  • Related Posts

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Uyu munsi Abanyamuryango basaga 2,000 bateraniye ku Cyicaro cy’Umuryango FPR Inkotanyi i Rusororo mu nama nkuru ya Gatandatu y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye kuri uwo muryango. Ni inama ubusanzwe yitabirwa n’abanyamuryango bayobora…

    Read more

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Hari abayobozi barimo Senateri Prof Jean Pierre Dusingizemungu, basaba inzego zibishinzwe gukangurira abaturage korora inkwavu, bitewe n’uko zororoka vuba kandi zidasaba byinshi nk’andi matungo. Ni mu gihe ibiciro by’ibiribwa cyane…

    Read more

    Ntibigucike

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

    Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

    Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka

    Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka