Umukecuru yahanganye n’inzoka ya metero enye rubura gica

Mu gihugu cya Thailand, Umukecuru witwa Arom Arunroj w’imyaka 64 y’amavuko yahanganye n’inzoka ipima metero enye n’ibiro 20, rubura gica ubwo yari yamusagariye.

Uyu mukecuru yatangaje ko hari mu masaha ya Saa Mbiri z’ijoro ubwo yari iwe ari koga, inzoka nini yo mu bwoko bwa ‘Python’, akayisanga mu bwongero.

Yagize ati ” Narebye icyo kintu, mbona n’inzoka.”

Yasobanuye ko iyo nzoka yaje guhita imwizingiraho, agatangira guhangana nayo atabaza ariko ntihagira umwumva.

Ku bw’amahirwe nyuma y’amasaha abiri, ahangana nayo yamurumaguye umubiri yawugize ibikomere gusa, umuturanyi we yaje kumwumva, ahamagaza ubutabazi.

Umupolisi wo mu gace ka Samut Prakan, Sgt Maj Anusorn Wongmali, yabwiye Itangazamakuru ko uyu mukecuru yatabawe akajyanwa kwa muganga, umubiri wuzuye ibikomero by’aho inzoka yamurumye.

Thailand ni kimwe mu gihugu kibamo inzoka nyinshi.

Raporo y’inzego z’ubuzima zaho yo mu 2023, yerekanaga ko abantu 12,000 bavuwe ubumara bw’inzoka mu gihe abandi 26 bishwe no kurumwa na zo.

By Jean de Dieu UDAHEMUKA 

Source: Umuseke.rw

 

  • Related Posts

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

    Read more

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

    Read more

    Ntibigucike

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi