Umukecuru yahanganye n’inzoka ya metero enye rubura gica

Mu gihugu cya Thailand, Umukecuru witwa Arom Arunroj w’imyaka 64 y’amavuko yahanganye n’inzoka ipima metero enye n’ibiro 20, rubura gica ubwo yari yamusagariye.

Uyu mukecuru yatangaje ko hari mu masaha ya Saa Mbiri z’ijoro ubwo yari iwe ari koga, inzoka nini yo mu bwoko bwa ‘Python’, akayisanga mu bwongero.

Yagize ati ” Narebye icyo kintu, mbona n’inzoka.”

Yasobanuye ko iyo nzoka yaje guhita imwizingiraho, agatangira guhangana nayo atabaza ariko ntihagira umwumva.

Ku bw’amahirwe nyuma y’amasaha abiri, ahangana nayo yamurumaguye umubiri yawugize ibikomere gusa, umuturanyi we yaje kumwumva, ahamagaza ubutabazi.

Umupolisi wo mu gace ka Samut Prakan, Sgt Maj Anusorn Wongmali, yabwiye Itangazamakuru ko uyu mukecuru yatabawe akajyanwa kwa muganga, umubiri wuzuye ibikomero by’aho inzoka yamurumye.

Thailand ni kimwe mu gihugu kibamo inzoka nyinshi.

Raporo y’inzego z’ubuzima zaho yo mu 2023, yerekanaga ko abantu 12,000 bavuwe ubumara bw’inzoka mu gihe abandi 26 bishwe no kurumwa na zo.

By Jean de Dieu UDAHEMUKA 

Source: Umuseke.rw

 

  • Related Posts

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Iteganyagihe ryatangajwe n’ikigo mpuzamahanga ICPAC ku bufatanye n’Umuryango w’ibihugu bigize icyogogo cy’uruzi rwa Nili ‘Nile Basin Initiative(NBI)’,  rigaragaza ko muri iyi mpeshyi hazabaho kugabanuka gukomeye kw’amazi y’imigezi n’ibiyaga, bikazagira ingaruka ku…

    Read more

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko Abanyamahanga bavuye muri Congo cyangwa abanyuzeyo mu gihe kitararenga iminsi 30 bakumiriwe kwinjira mu Rwanda, mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Ebola kimaze…

    Read more

    Ntibigucike

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Aimable Karasira yapfuye

    Aimable Karasira yapfuye

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye