Umukecuru yahanganye n’inzoka ya metero enye rubura gica

Mu gihugu cya Thailand, Umukecuru witwa Arom Arunroj w’imyaka 64 y’amavuko yahanganye n’inzoka ipima metero enye n’ibiro 20, rubura gica ubwo yari yamusagariye.

Uyu mukecuru yatangaje ko hari mu masaha ya Saa Mbiri z’ijoro ubwo yari iwe ari koga, inzoka nini yo mu bwoko bwa ‘Python’, akayisanga mu bwongero.

Yagize ati ” Narebye icyo kintu, mbona n’inzoka.”

Yasobanuye ko iyo nzoka yaje guhita imwizingiraho, agatangira guhangana nayo atabaza ariko ntihagira umwumva.

Ku bw’amahirwe nyuma y’amasaha abiri, ahangana nayo yamurumaguye umubiri yawugize ibikomere gusa, umuturanyi we yaje kumwumva, ahamagaza ubutabazi.

Umupolisi wo mu gace ka Samut Prakan, Sgt Maj Anusorn Wongmali, yabwiye Itangazamakuru ko uyu mukecuru yatabawe akajyanwa kwa muganga, umubiri wuzuye ibikomero by’aho inzoka yamurumye.

Thailand ni kimwe mu gihugu kibamo inzoka nyinshi.

Raporo y’inzego z’ubuzima zaho yo mu 2023, yerekanaga ko abantu 12,000 bavuwe ubumara bw’inzoka mu gihe abandi 26 bishwe no kurumwa na zo.

By Jean de Dieu UDAHEMUKA 

Source: Umuseke.rw

 

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge