Ku bifuza akazi mu nzego z’ibanze hari imyanya 1839 yashyizwe ku isoko

Ishyirahamwe ry’Uturere n’Umujyi wa Kigali, RALGA, ryatangaje ko inzego z’ibanze mu Tugari, mu Mirenge no mu Turere hakenewe abakozi bagera ku 1,839 bazaba bari mu myanya itandukanye.

Bigaragara ko imirenge ari yo ikeneye abakozi benshi bagera ku 1063, utugari tukaba dukeneye abagera kuri 545, mu gihe Uturere dukeneye abagera kuri 231.

RALGA ivuga ko iyi myanya yatangiye gushyirwa ku rubuga rwa Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo(MIFOTRA) rwamamaza imyanya y’akazi ikeneye abakozi, kuva kuri uyu wa Gatatu, ariko gukomeza kuyishyira kuri urwo rubuga ngo birakomeje.

RALGA ivuga kandi ko ifatanyije na MIFOTRA, bavuguruye uburyo ibizamini by’abakozi b’inzego z’ibanze bikorwa, kugira ngo birusheho gukomeza gukorwa mu mucyo, kuko bigiye kujya bitangirwa igihe kimwe.

Igihe cyo gutanga ibyo bizamini nikigera ngo hazajya hajyaho urwego ruhuriweho n’inzego zose bireba, kugira ngo hirindwe amakosa abantu bajya binubira.

 

 

 

  • Related Posts

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko atumva uburyo abantu babiri bananirwa kubana nk’abashakanye kugera ubwo batandukana. Izi gatanya(divorces) zikaba ziganje mu bakiri bato barimo gushinga ingo muri iyi myaka…

    Read more

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Muri gahunda ya kabiri ya Guverinoma NST2 izarangira mu mwaka wa 2029, Leta y’u Rwanda yateganyije gukuba kabiri umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, harimo n’uw’amata, ariko mu bigomba gutanga ayo…

    Read more

    Ntibigucike

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”