Abagenzi amagana baheze ku kibuga k’indege Jomo Kenyatta (JKIA) kubera imyigaragambyo y’abakozi

Abashinzwe umutekano barimo guturisha abigaragambya

Imirimo ku kibuga cy’indege gikuru cya Kenya mu murwa mukuru Nairobi isa n’iyahagaze kubera imyigaragambyo y’abakora kuri iki kibuga barimo kwamagana ko leta igiye kugikodesha na kompanyi yo mu Buhinde.

Amakuru dukesha BBC avuga yuko “amagana y’abagenzi baheze kuri iki kibuga cy’indege kitwa Jomo Kenyatta International Airport (JKIA) gifatwa nk’isangano rikuru ry’ingendo z’indege muri aka karere.

Perezida William Ruto wa Kenya yasobanuye ko leta itagiye kugurisha iki kibuga, ahubwo igiye kugikodesha n’abikorera kugira ngo bagiteze imbere.

Indege nyinshi zari kugenda zasubitse ingendo, abakozi bakira abagenzi bahageze n’abahaguruka mu bice bitandukanye by’iki kibuga bahagaritse gukora kuva saa sita z’ijoro ryacyeye.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu abakozi amagana b’iki kibuga cy’indege bagaragaye bigaragambya ku marembo makuru ya cyo, amashusho y’ibinyamakuru byo muri Kenya aberekana barwana na polisi yaje kubakoma imbere.

Kompanyi ya leta Kenya Airways, yasohoye itangazo ivuga ko kubera “ibikorwa bya bamwe mu bakozi ba JKIA” habayeho gukerererwa no gushobora guhagarika ingendo zimwe zayo zari ziteganyijwe “ku bagenzi bahaguruka n’abahagera.

 

Umwe mu bagenzi waheze kuri JKIA

Ihuriro ry’abakozi mu by’indege rya Kenya ryaburiye ko rizakora imyigaragambyo ihoraho nyuma y’uko leta yanze gutangaza amakuru yose agize amasezerano yo gukodesha iki kibuga cy’indege na kompanyi y’abahinde izwi nka Adani Group.

Amashusho agaragaza abakora kuri iki kibuga bahuriye hamwe ku wa kabiri nimugoroba bavuga ko guhera saa sita z’ijoro ryacyeye batagomba gukora kugira ngo “barengere ikibuga cy’indege cyacu”.

Uyu munsi abigaragambya bumvikanye bavuga ko batava kuri iki kibuga cy’indege kandi badasubira mu kazi ayo masezerano ya leta na Adani Group adahagaritswe.

Ihuriro ry’aba bakozi rivuga ko gukodesha iyo kompanyi yigenga iki kibuga imyaka 30 bivuze gutakaza imirimo kuri benshi muri bo.

Leta ivuga ko iki kibuga kitabyazwa umusaruro ukwiriye mu gihe kiri mu maboko yayo, bityo kugikodesha n’abikorera ari uburyo bwo kukibyaza umusaruro no kugiteza imbere.

Iyi myigaragambyo ibaye nyuma y’uko ku wa kabiri Urukiko Rukuru rwa Kenya ruhagaritse by’agateganyo ayo masezerano yo gukodesha iki kibuga.

Uru rukiko rwafashe iki cyemezo nyuma y’ikirego cyatanzwe n’Ihuriro ry’Abanyamategeko ba Kenya na Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu ya Kenya bivuga ko nta ishingiro bifite gukodesha umutungo w’igihugu w’ingenzi ku bantu bikorera.

By Julien B

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge