U Rwanda ruhagamye ikipe y’igihangange ya Nigeria

Yanditswe na Willian Bolgés Dasliva

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, yanganyije n’ikipe ya Nigeria mu mukino urangiye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Nzeri 2024, ukaba wari uwo gushaka itike y’igikombe cya Afurika, kizakinirwa muri Maroc mu mwaka utaha wa 2025.

Ni umukino ushimishije benshi barimo na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuba Amavubi y’u Rwanda anganyije ubusa ku busa (0-0) na ‘Super Eagles’ ya Nigeria, imwe mu makipe y’ibihangange kuri uyu mugabane.

Sitade Amahoro yari yakubise yuzuye, kuko Umujyi wa Kigali wari wahereye mu gitondo cya kare urarikira abantu kujya kureba uwo mukino.

Umutoza w’u Rwanda, Umudage Frank Spittler, yavuze ko yishimiye uko abakinnyi bitwaye mu kibuga kandi ko hakiri ibintu byo gukosora by’umwihariko ku ruhande rw’ubusatirizi bw’u Rwanda.

Spittler yijeje Abanyarwanda ko mu mikino izakurikiraho bazagerageza gukora cyane bagashaka amanota atatu, kuko bazahita bakina n’ikipe y’Igihugu cya Benin.

Kapiteni w’u Rwanda, Bizimana Djihad, we yatangaje bazakora ibishoboka bakitwara neza mu mikino izakurikiraho.

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge