U Rwanda ruhagamye ikipe y’igihangange ya Nigeria

Yanditswe na Willian Bolgés Dasliva

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, yanganyije n’ikipe ya Nigeria mu mukino urangiye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Nzeri 2024, ukaba wari uwo gushaka itike y’igikombe cya Afurika, kizakinirwa muri Maroc mu mwaka utaha wa 2025.

Ni umukino ushimishije benshi barimo na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuba Amavubi y’u Rwanda anganyije ubusa ku busa (0-0) na ‘Super Eagles’ ya Nigeria, imwe mu makipe y’ibihangange kuri uyu mugabane.

Sitade Amahoro yari yakubise yuzuye, kuko Umujyi wa Kigali wari wahereye mu gitondo cya kare urarikira abantu kujya kureba uwo mukino.

Umutoza w’u Rwanda, Umudage Frank Spittler, yavuze ko yishimiye uko abakinnyi bitwaye mu kibuga kandi ko hakiri ibintu byo gukosora by’umwihariko ku ruhande rw’ubusatirizi bw’u Rwanda.

Spittler yijeje Abanyarwanda ko mu mikino izakurikiraho bazagerageza gukora cyane bagashaka amanota atatu, kuko bazahita bakina n’ikipe y’Igihugu cya Benin.

Kapiteni w’u Rwanda, Bizimana Djihad, we yatangaje bazakora ibishoboka bakitwara neza mu mikino izakurikiraho.

  • Related Posts

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko atumva uburyo abantu babiri bananirwa kubana nk’abashakanye kugera ubwo batandukana. Izi gatanya(divorces) zikaba ziganje mu bakiri bato barimo gushinga ingo muri iyi myaka…

    Read more

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Muri gahunda ya kabiri ya Guverinoma NST2 izarangira mu mwaka wa 2029, Leta y’u Rwanda yateganyije gukuba kabiri umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, harimo n’uw’amata, ariko mu bigomba gutanga ayo…

    Read more

    Ntibigucike

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”