Putin yituye Kim Jong Un, amuha amafarashi 24

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yahaye mugenzi we wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un, amafarashi 24 y’umweru utavangiye, mu rwego rwo kumushimira ko yamuhaye ibisasu byo kurwanya OTAN/NATO.

OTAN ni Umuryango w’ubutabarane uhuza ibihugu by’i Burayi na Amerika ya Ruguru bituriye inyanja ya Atlantic, n’ubwo hagenda hiyongeramo n’ibindi bitari hafi y’iyo nyanja.

OTAN ihanganye n’icyitwa BRICS, akaba ari umuryango watangiye ugizwe n’ibihugu bya Brazil, Russia, India, China na South Africa, ariko na wo ukaba umaze kwaguka kuko hagiyemo n’ibindi bihugu bitandukanye byo ku isi.

Itangazo ry’Umuryango BRICS ryashyizwe ku rubuga rwa X, rivuga ko Putin yahaye Kim Jong Un amafarashi 24 y’ubwoko bw’intoranywa, amushimira ku bw’ibisasu yamwoherereje bikamufasha kurwanya ingabo za OTAN muri Ukraine.

BRICS kandi ikomeje kwigamba ko Putin arimo kugenderera ibihugu bitandukanye byo ku isi byashyize umukono ku masezerano yo kumufata, nyamara Putin akaba ngo atarimo gufatwa n’ubwo Leta zunze Ubumwe za Amerika na Ukraine basohoye impapuro zo kumuta muri yombi.

 

 

  • Related Posts

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

    Read more

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

    Read more

    Ntibigucike

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi