Menya ibitangaza biba mu ngendo isi ikora

 

Iyi si twese twavukiyeho, tukaba tunayituyeho, iyo uyitegereje n’amaso yawe uba ubona ihamye hamwe ndetse rwose ituje mu buryo bukomeye !  Nyamara si ko bimeze, kuko uramutse uyitaruye, ukayitegereza, wabona uburyo yiruka bya bindi bita ‘amasigamana’ ugatangara cyane kuko nta kinyabiziga na kimwe cyo mu isi cyabasha kuyikurikira!

Iyi si ikora ingendo ebyiri, kandi zose izikorera icyarimwe nubwo zitandukanye. Rumwe irukora yizenguruka urundi ikarukora izenguruka izuba.

Urugendo ikora yizenguruka rumara amasaha makumyabiri n’ane. Ikaba ikoze urugendo rwa kilometero ibihumbi mirongo ine na mirongo irindwi n’eshanu(40,075km). Uru rugendo kandi rungana n’umuzenguruko w’isi, rukaba ari rwo rugena ibihe by’umunsi, kuva saa sita z’ijoro kugeza izindi saa sita z’ijoro.

Naho urugendo isi ikora izenguruka izuba rungana na kilometero miliyoni maganakenda na mirongo ine (940,000,000km). Ikarurangiza mu gihe kingana n’iminsi 365 n’amasaha 5 n’iminota 48 n’amasegonda 45. Ubwo ni ukuvuga ko iba ifite muvuduko wa kilometero makumyabiri n’ikenda n’ibice umunani mu isegonda rimwe (29,8km/s) cyangwa se kilometero ibihumbi ijana na birindwi na maganabiri na mirongo inani mu isaha (107.280km/h). Uru rugendo narwo rusobanuye ko iyo irushoje, umwaka umwe n’amasaha atanu n’iminota mirongo ine n’umunani n’amasegonda mirongo ine n’atanu biba birangiye.

Ikibazo wakwibaza ni iki: Ese ko umwaka urangira ku italiki ya 31 Ukuboza saa tanu na mirongo itanu n’ikenda n’amasegonda mirongo itanu n’ikenda (11:59:59PM), ese ariya masaha atanu n’iminota mirongo ine n’umunani n’amasegonda mirongo ine n’atanu byo bijya hehe? Ko saa sita z’ijoro umwaka wundi uba utangiye, icyo gihe cyo kibarirwa hehe?

Igisubizo tuzakigarukaho mu nkuru itaha.

By B. Julien

  • Related Posts

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko atumva uburyo abantu babiri bananirwa kubana nk’abashakanye kugera ubwo batandukana. Izi gatanya(divorces) zikaba ziganje mu bakiri bato barimo gushinga ingo muri iyi myaka…

    Read more

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Muri gahunda ya kabiri ya Guverinoma NST2 izarangira mu mwaka wa 2029, Leta y’u Rwanda yateganyije gukuba kabiri umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, harimo n’uw’amata, ariko mu bigomba gutanga ayo…

    Read more

    Ntibigucike

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”