Umujyi wa Kigali uzashyiraho inzira za bisi gusa, ab’amikoro make bazahabwa inzu

Kajeneri Mugenzi Christian, Perezida w’Inama Njyanama y’Umujyi wa Kigali uherutse gutorerwa gusimbura Prof. Kayihura Muganga Didas, yijeje ko mu myaka itanu ya Manda nshya iri imbere, hazaba hagiyeho inzira zahariwe imodoka zitwara abagenzi gusa.

Umubyigano w’ibinyabiziga cyane cyane mu masaha abakozi baba bajya cyangwa bava mu kazi ni kimwe mu bituma abagenzi bakererwa imirimo hamwe no gutaha, kuko bamara igihe kinini ku mirongo, ku byapa no muri gare.

 

Mu gikorwa cy’ihererekanya ry’inyandiko, uwari Umukuru w’Inama Njyanama, Prof. Kayihura Muganga Didas yanabwiye mugenzi we umusimbuye ko hari inzu zirimo kubakwa mu Cyahafi zigomba guhabwa imiryango igera kuri 688 ifite amikoro make.

Iyo miryango yasenyewe kubera ibiza kuva mu mwaka ushize wa 2023, irizezwa ko izahabwa izo nzu mbere y’uko uyu mwaka wa 2024 urangira.

Inama Njyanama y’Umujyi wa Kigali iherutse gutorwa ivuga ko muri iyi myaka itanu iri imbere izakora imishinga irambye igamije gufasha abawutuye kutawuvamo bajya gutura mu nkengero.

 

Kuri uyu wa Kabiri kandi, Ubuyobozi Bukuru bw’Urwego w’lgihugu rw’ltangazamakuru(RBA) bwahaye ikaze Butera Sandrine Isheja, Umuyobozi Mukuru Wungirije, uherutse gushyirwa kuri uyu mwanya n’Inama y’Abaminisitiri, bumwizeza imikoranire inoze mu nshingano nshya.

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge