Urupfu rwa Mutoniwase Diane rukomeje kwegekwa ku wamwokerezaga inyama

Urupfu rwa Mutoniwase Diane(Toni), rwazindutse ruvugwa ku wa Gatanu tariki 21 Ugushyingo 2025, aho rwabereye mu kabari k’uwo mukobwa gaherereye mu Kagari ka Gako, Umurenge wa Masaka, mu Karere ka Kicukiro, rukomeje kwegekwa kuri Ruberintwari Nelson wamwokerezaga inyama.

Ruberintwari araregwa kwica Mutoniwase Diane amuciye umutwe ndetse anamuteraguye ibyuma mu nda, kubera kumufuhira ko yaba akundana n’undi musore, kuko ngo yari azi ko bazabana.

Ruberintwari w’imyaka 34 y’amavuko, ntabwo ari we wari mucoma, ahubwo yari yarashatse undi mwana w’umusore amuha igishoro kugira ngo ajye akora amuverise(amuhe) amafaranga yakoreye ku munsi.

Ruberintwari ngo yari yarafashe umwanya uhagije wo gutereta Mutoniwase nk’uko yaje kumukorera ari we ashaka, ndetse na Mutoniwase na we ngo yari yarashatse umukobwa wo kumukorera.

Abatangabuhamya babwiye itangazamakuru ko Mutoniwase (Toni) yishwe ahagana saa ine z’ijoro ryo ku wa Kane tariki 20 Ugushyingo 2025, aho bamusanze imbere y’akabari ke yaciwe umutwe.

Mu bimenyetso bikomeje gushinja Ruberintwari kwica Toni harimo uwo mwana w’umuhungu bakunze kwita Kabwa wamwokerezaga inyama, akaba yemeza ko yafatanyije na shebuja kwica uwo mukobwa, ndetse ngo hari ikote rye(Ruberintwari) basanze mu gishanga ryuzuyeho amaraso, ubwo yacikaga ahunga.

Ruberintwari we aracyashakishwa mu gihe mucoma wamukoreraga we yatawe muri yombi, akaba afungiwe kuri sitasiyo ya Polisi y’i Masaka, nk’uko byemezwa n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gako, Mukeshimana Odette.

Mukeshimana agira ati “Umuhungu wari uje kugura inzoga mu ma saa yine z’ijoro ni we wabonye umuvu w’amaraso ya Diane utemba, ahita ahamagara mucoma na Ruberintwari kuri telefone, yumva bazikuyeho.”

  • Related Posts

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko atumva uburyo abantu babiri bananirwa kubana nk’abashakanye kugera ubwo batandukana. Izi gatanya(divorces) zikaba ziganje mu bakiri bato barimo gushinga ingo muri iyi myaka…

    Read more

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Muri gahunda ya kabiri ya Guverinoma NST2 izarangira mu mwaka wa 2029, Leta y’u Rwanda yateganyije gukuba kabiri umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, harimo n’uw’amata, ariko mu bigomba gutanga ayo…

    Read more

    Ntibigucike

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”