Ruberintwari waregwaga kwica Umutoniwase na we yapfuye arashwe

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Twizeyimana Hamdun, yatangaje ko Ruberintwari Nelson wari ukurikiranyweho kwica Umutoniwase Diane yitaga inshuti ye, na we yapfuye arashwe na Polisi mu Murenge wa Fumbwe w’Akarere ka Rwamagana, kuri uyu wa Gatandatu tariki 22 Ugushyingo 2025.

SP Twizeyimana yabwiye Ikinyamakuru Igihe ko Ruberintwari yarashwe agahita apfa ahagana saa tanu n’igice (11hh30) z’amanywa, nyuma y’uko Polisi yari imaze kumenya y’uko hari umusore w’imyaka 33 (Ruberintwari) waje kuhihisha.

SP Twizeyimana yagize ati “Polisi yabonye amakuru igera aho bari bayirangiye ko ashobora kuba ari ho ari, bahageze uwo musore yanga gukingura, ….

Nyiri urugo bamusobanurira ko bari gushaka uwo muntu, araza aramukinguza. Umusore afata icyuma atangira gutera abantu ubwoba, ababwira ko umuntu uri bumwegere ari bumwice, mu gihe bakivugana gutyo ahita yitera icyuma arikomeretsa,” ndetse ko yashatse no gutera icyuma umupolisi agahita amurasa.

Ruberintwari Nelson yakekwagaho kugira uruhare mu rupfu rw’umukobwa witwa Umutoniwase Diane, uheruka kwicirwa mu kabari yakoreragamo, mu Mudugudu wa Cyugamo, Akagari ka Gako, mu murenge wa Masaka, mu Karere Ka Kicukiro, mu Mujyi wa Kigali.

Ibinyamakuru bivuga ko amajwi yacicikanye ku mbuga nkoranyambaga yumvikanisha Ruberintwari arimo kuvugana n’umusore n’umukobwa b’inshuti ze, bamubaza icyamuteye kwica uriya mukobwa bari inshuti.

Iyo nshuti ya Ruberintwari y’umuhungu ikavuga ko baganiriye nyuma yo kumva amakuru y’uko ari we wishe Umutoniwase, Ruberintwari akamubwira ko yagiranye ikibazo n’umukobwa kuko yamwimye amafaranga agera ku bihumbi 300Frw.

Mu kiganiro Ruberintwari yagiranye n’izo nshuti ze kuri telefoni, yavuze ko ubwo imvura yagwaga (ku wa Kane) yavuye mu rugo yambaye boots (inkweto z’icyondo) n’ikoti, aragenda anywa inzoga ya Gilbis, nyuma anywa n’iyitwa Martin, ariko afite n’icyuma mu ikoti, ati “Mu mutwe wanjye byari byivanze”.

Ruberintwari ngo yemeje ko ari we wishe Umutoniwase mu buryo bwa kinyamaswa, kandi nta wundi muntu bafatanyije, kandi ngo yari yarabiteguye, hari n’urwandiko yanditse.

Yaba Ruberintwari Nelson hari umugore bari barabyaranye ntibabana, yaba na Umutoniwase Diane ngo hari undi mugabo bari barabyaranye, bombi bakaba basize imfubyi.



Related Posts

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

Read more

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

Read more

Ntibigucike

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge