Hafi ya gare ya Nyanza hafatiwe abakekwaho ubwambuzi banywa urumogi

Ku wa Kabiri tariki ya 07 Ukwakira 2025, mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Gatenga, Akagari ka Nyanza, Umudugudu wa Isonga, hafatiwe abagabo 7 bakurikiranyweho gutega abajya n’abava muri Gare ya Nyanza bakabambura ibyo bafite.

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Mujyi wa Kigali ivuga ko aba bakurikiranyweho ubwambuzi banafatanywe ibiyobyabwenge by’urumogi bari kurunywera mu ishyamba riri inyuma ya Gare ya Nyanza.

Polisi uvuga ko hari hashize igihe abaturage bategera muri Gare ya Nyanza bagaragaza ikibazo cy’uko hari abajura babategera mu gashyamba kari inyuma ya Gare, umanuka ujya mu mudugudu wa Juru, bakabambura ibyo bafite.

Polisi, ifatanije n’izindi nzego z’umutekano, yakoze operasiyo yo kubafata, ku ikubitiro hafatwa abo yita abajura ruharwa 3 n’abandi bantu 4 bari mu iryo shyamba bari kunywa urumogi, bakaba ngo bihisha, hagira umuturage uhanyura bakamwambura ibyo afite.

Polisi ivuga ko ibikorwa byo gufata abantu nk’aba “bahungabanya umutekano n’ituze by’abaturage bikomeje, abafashwe bakaba bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gikondo.”

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, Chief Inspector of Police (CIP), Wellars Gahonzire, yashimiye abaturage batanze amakuru, akizeza abakoresha Gare ya Nyanza ko iki kibazo kigomba gukemuka burundu, kuko ngo hashyizwemo imbaraga cyane cyane ku kuhakorera igenzura rihoraho kugira ngo abajura bose bafatwe kandi bahanwe.

CIP Gahonzire avuga ko nta bwihisho abajura n’abakoresha ibiyobyabwenge bafite muri iki gihugu, kandi agasaba abaturage gukomeza kugaragaza ikibazo bafite no gutanga amakuru kuri abo bantu.

  • Related Posts

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Uyu munsi Abanyamuryango basaga 2,000 bateraniye ku Cyicaro cy’Umuryango FPR Inkotanyi i Rusororo mu nama nkuru ya Gatandatu y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye kuri uwo muryango. Ni inama ubusanzwe yitabirwa n’abanyamuryango bayobora…

    Read more

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Hari abayobozi barimo Senateri Prof Jean Pierre Dusingizemungu, basaba inzego zibishinzwe gukangurira abaturage korora inkwavu, bitewe n’uko zororoka vuba kandi zidasaba byinshi nk’andi matungo. Ni mu gihe ibiciro by’ibiribwa cyane…

    Read more

    Ntibigucike

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

    Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

    Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka

    Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka