Gitifu w’Akarere n’abandi 13 bafunzwe bazira kurya iby’abarokotse Jenoside

Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwafunze abantu 14 barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa (Gitifu) w’Akarere ka Nyabihu, Mugiraneza David, n’abandi baregwa kuba abafatanyacyaha, harimo abakozi bashinzwe amasoko, ushinzwe ubwubatsi, ushinzwe imibereho myiza, bamwe mu bayobozi b’imirenge, bamwe mu bakuriye Umuryango Ibuka mu mirenge hamwe na ba rwiyemezamirimo.

RIB ivuga ko aba bose bakurikiranyweho ubufatanyacyaha mu kunyereza amafaranga yagenewe gusana inzu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ziherereye mu mirenge 7 igize Akarere ka Nyabihu.

RIB ivuga ko mu bihe bitandukanye, abakekwa bagiye basinya inyandiko zemeza ko hakiriwe ibikoresho by’ubwubatsi kandi bitakiriwe, ndetse n’ibyakiriwe bikaba bitujuje ubuziranenge.

RIB ivuga ko abakurikiranyweho ibyo byaha bafungiwe kuri Station za RIB zitandukanye mu gihe dosiye yabo ikirimo gutunganywa kugira ngo yoherezwe mu Bushinjacyaha.

RIB yibutsa abantu bafite inshingazo zo gucunga umutungo wa rubanda kwirinda kuwurigisa, kuwusesagura cyangwa kuwukoresha nabi kuko bihanwa n’amategeko.

RIB irashimira abantu bose batanga amakuru ku barigisa, basesagura cyangwa bafata nabi umutungo wa rubanda, ikanabashishikariza gukomeza kujya bayatangira ku gihe kugira ngo bifashe gukumira icyaha kitaraba.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Ibuka, Ahishakiye Naphatal, avuga ko ari ubwa mbere Umuyobozi muri Ibuka afatiwe mu byaha byo kurya ibyagenewe bagenzi be barokotse Jenoside, ati “Mu gihe yaba ahamwe n’icyo cyaha ni ibintu bigayitse.”

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu buhumuriza abaturage bubabwira ko nta gikuba cyacitse.

  • Related Posts

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Uyu munsi Abanyamuryango basaga 2,000 bateraniye ku Cyicaro cy’Umuryango FPR Inkotanyi i Rusororo mu nama nkuru ya Gatandatu y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye kuri uwo muryango. Ni inama ubusanzwe yitabirwa n’abanyamuryango bayobora…

    Read more

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Hari abayobozi barimo Senateri Prof Jean Pierre Dusingizemungu, basaba inzego zibishinzwe gukangurira abaturage korora inkwavu, bitewe n’uko zororoka vuba kandi zidasaba byinshi nk’andi matungo. Ni mu gihe ibiciro by’ibiribwa cyane…

    Read more

    Ntibigucike

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

    Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

    Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka

    Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka