Hafi ya gare ya Nyanza hafatiwe abakekwaho ubwambuzi banywa urumogi

Ku wa Kabiri tariki ya 07 Ukwakira 2025, mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Gatenga, Akagari ka Nyanza, Umudugudu wa Isonga, hafatiwe abagabo 7 bakurikiranyweho gutega abajya n’abava muri Gare ya Nyanza bakabambura ibyo bafite.

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Mujyi wa Kigali ivuga ko aba bakurikiranyweho ubwambuzi banafatanywe ibiyobyabwenge by’urumogi bari kurunywera mu ishyamba riri inyuma ya Gare ya Nyanza.

Polisi uvuga ko hari hashize igihe abaturage bategera muri Gare ya Nyanza bagaragaza ikibazo cy’uko hari abajura babategera mu gashyamba kari inyuma ya Gare, umanuka ujya mu mudugudu wa Juru, bakabambura ibyo bafite.

Polisi, ifatanije n’izindi nzego z’umutekano, yakoze operasiyo yo kubafata, ku ikubitiro hafatwa abo yita abajura ruharwa 3 n’abandi bantu 4 bari mu iryo shyamba bari kunywa urumogi, bakaba ngo bihisha, hagira umuturage uhanyura bakamwambura ibyo afite.

Polisi ivuga ko ibikorwa byo gufata abantu nk’aba “bahungabanya umutekano n’ituze by’abaturage bikomeje, abafashwe bakaba bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gikondo.”

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, Chief Inspector of Police (CIP), Wellars Gahonzire, yashimiye abaturage batanze amakuru, akizeza abakoresha Gare ya Nyanza ko iki kibazo kigomba gukemuka burundu, kuko ngo hashyizwemo imbaraga cyane cyane ku kuhakorera igenzura rihoraho kugira ngo abajura bose bafatwe kandi bahanwe.

CIP Gahonzire avuga ko nta bwihisho abajura n’abakoresha ibiyobyabwenge bafite muri iki gihugu, kandi agasaba abaturage gukomeza kugaragaza ikibazo bafite no gutanga amakuru kuri abo bantu.

  • Related Posts

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Iteganyagihe ryatangajwe n’ikigo mpuzamahanga ICPAC ku bufatanye n’Umuryango w’ibihugu bigize icyogogo cy’uruzi rwa Nili ‘Nile Basin Initiative(NBI)’,  rigaragaza ko muri iyi mpeshyi hazabaho kugabanuka gukomeye kw’amazi y’imigezi n’ibiyaga, bikazagira ingaruka ku…

    Read more

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko Abanyamahanga bavuye muri Congo cyangwa abanyuzeyo mu gihe kitararenga iminsi 30 bakumiriwe kwinjira mu Rwanda, mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Ebola kimaze…

    Read more

    Ntibigucike

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Aimable Karasira yapfuye

    Aimable Karasira yapfuye

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye