Hafi ya gare ya Nyanza hafatiwe abakekwaho ubwambuzi banywa urumogi

Ku wa Kabiri tariki ya 07 Ukwakira 2025, mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Gatenga, Akagari ka Nyanza, Umudugudu wa Isonga, hafatiwe abagabo 7 bakurikiranyweho gutega abajya n’abava muri Gare ya Nyanza bakabambura ibyo bafite.

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Mujyi wa Kigali ivuga ko aba bakurikiranyweho ubwambuzi banafatanywe ibiyobyabwenge by’urumogi bari kurunywera mu ishyamba riri inyuma ya Gare ya Nyanza.

Polisi uvuga ko hari hashize igihe abaturage bategera muri Gare ya Nyanza bagaragaza ikibazo cy’uko hari abajura babategera mu gashyamba kari inyuma ya Gare, umanuka ujya mu mudugudu wa Juru, bakabambura ibyo bafite.

Polisi, ifatanije n’izindi nzego z’umutekano, yakoze operasiyo yo kubafata, ku ikubitiro hafatwa abo yita abajura ruharwa 3 n’abandi bantu 4 bari mu iryo shyamba bari kunywa urumogi, bakaba ngo bihisha, hagira umuturage uhanyura bakamwambura ibyo afite.

Polisi ivuga ko ibikorwa byo gufata abantu nk’aba “bahungabanya umutekano n’ituze by’abaturage bikomeje, abafashwe bakaba bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gikondo.”

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, Chief Inspector of Police (CIP), Wellars Gahonzire, yashimiye abaturage batanze amakuru, akizeza abakoresha Gare ya Nyanza ko iki kibazo kigomba gukemuka burundu, kuko ngo hashyizwemo imbaraga cyane cyane ku kuhakorera igenzura rihoraho kugira ngo abajura bose bafatwe kandi bahanwe.

CIP Gahonzire avuga ko nta bwihisho abajura n’abakoresha ibiyobyabwenge bafite muri iki gihugu, kandi agasaba abaturage gukomeza kugaragaza ikibazo bafite no gutanga amakuru kuri abo bantu.

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge