Habayeho ubwirakabiri bw’ukwezi ku isi yose

Abantu bari hirya no hino ku migabane yose igize isi, no mu Rwanda by’umwihariko, babonye/barabona ubwirakabiri bw’ukwezi ku mugoroba wo kuri iki cyumweru tariki 07 Nzeri 2025.

Ubwirakabiri bw’ukwezi buturuka ku kuba isi yitambika hagati y’izuba n’ukwezi, ku buryo abari ku isi babona igicucu cyayo ku kwezi bakagira ngo ni igicu cyagukingirije.

Ibigo bigenzura isanzure birimo icya NASA, Time and Date, ndetse na Royal Observatory Greenwich, bivuga ko ubu bwirakabiri bwamaze iminota 82 n’amasegonda 6 ukwezi kwazimye burundu, hamwe n’iminota 326 n’amasegonda 40 ukwezi kugaragara igice.

Nta ngaruka zikomeye cyane zikunze kubaho z’ubwirakabiri bw’ukwezi, uretse ko inyamaswa zikora n’injoro ngo zikunze guhindura imyitwarire, ku buryo ngo hari izihagarika ingendo hamwe n’ibyo zikora, bikaba byateza impinduka zidakanganye cyane mu miterere y’urusobe rw’ibinyabuzima.

Ubwirakabiri bufasha abashakashatsi kumenya byinshi ku bibera mu isanzure, bukaba kandi mu mateka no mu myizerere y’imiryango myinshi y’abatuye isi bufatwa nk’ikimenyetso cy’impinduka n’ibyago.

Related Posts

RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

Read more

Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

Read more

Ntibigucike

RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi