Hafi y’ikibuga cy’indege cya Bujumbura harimo kugeragerezwa imbunda

Igisirikare cy’u Burundi(FDNB) cyatangarije abaturiye Umujyi wa Bujumbura hafi y’inkambi ya Gatumba yitwa 111 ko harimo kugeragerezwa imbunda, kubera iyo mpamvu ngo abantu ntibagomba gukeka ko hari umutekano muke muri ako gace kegereye Umujyi wa Uvira muri DRC n’ikibuga cy’indege cya Bujumbura(i Gakumbu).

Umukuru w’Inkambi ya gisirikare ya 111(yo mu Gatumba), Lt Col Hatungimana Ernest, yatangarije abaturage ko hari imbunda zirimo kuziburwa (n’ubwo hari abavuga ko ari inshyashya zirimo kugeragezwa), abantu bagakeka ko ikibuga cy’indege cya Bujumbura cyatewe, aho kimaze igihe kitarimo gupfa kugwaho indege.

Lt Col Hatungimana avuga ko kuri uyu wa Mbere tariki 8 Nzeri 2025 na bwo hateganyijwe igikorwa cyo kuzibura imbunda, abantu bagasabwa kutaza gukuka umutima.

Amakuru akomeje gutangazwa ku mbuga nkoranyambaga ni uko ikibuga cy’indege cya Bujumbura giherutse kugwaho indege za rutura zaje zizanye intwaro karahabutaka, mu rwego rwo kwitegura ibitero byakwambuka bivuye hakurya muri Uvira, Umujyi wa kabiri w’intara ya Kivu y’Epfo bivugwa ko urimo gusatirwa na AFC/M23.

Related Posts

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

Read more

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

Read more

Ntibigucike

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge