Muri ADEPR Nyarugenge barwaniye mu materaniro(video)

Umwe mu bayoboke ba ADEPR utashatse kubwira Kigali Info amazina ye, avuga ko kuri uyu wa Gatandatu tariki 23 Kanama 2025 abantu bo mu rwego rw’ubuyobozi muri iryo Torero bafatanye mu mashati bakarwanira mu iteraniro.

Video uwo muyoboke wa ADEPR avuga ko yahawe n’umwe mu bashumba be igaragaza abantu bicaye mu ntebe z’imbere bahaguruka batongana, umwe agahita asumira mugenzi we akamukubita urushyi, mu gihe imbere ku ruhimbi hari uwarimo asenga undi ahagaze arebera.

Icyo giterane ngo cyari kigeze ku munsi wa wacyo wa Gatandatu, mu masaha ya nimugoroba, cyahise gicikamo igikuba ubwo abo bayobozi muri ADEPR ngo bapfa bijyanye n’uko iryo torero rimaze igihe ryirukana abashumba bamwe rishyiramo abandi.

Video igaragaza ko uwatangiye arwana yahise ava aho yakubitiye umuntu, abandi bahaguruka bajya kumufata nyuma y’uko uwakubiswe na we yari amakurukiye ashaka kwihorera.

Kigali Info iracyategereje icyo ubuyobozi bwa ADEPR buvuga kuri izi mvururu zateye mu materaniro, nyuma yo guhamagara kuri telefone no kubandikira ubutumwa bugufi ariko ntibagire icyo basubiza. Gusa umwe mu bakozi baho yatwijeje ko agiye gushaka ababonye ibyo biba, turacyamutegereje na we.

Related Posts

Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

Uyu munsi Abanyamuryango basaga 2,000 bateraniye ku Cyicaro cy’Umuryango FPR Inkotanyi i Rusororo mu nama nkuru ya Gatandatu y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye kuri uwo muryango. Ni inama ubusanzwe yitabirwa n’abanyamuryango bayobora…

Read more

Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

Hari abayobozi barimo Senateri Prof Jean Pierre Dusingizemungu, basaba inzego zibishinzwe gukangurira abaturage korora inkwavu, bitewe n’uko zororoka vuba kandi zidasaba byinshi nk’andi matungo. Ni mu gihe ibiciro by’ibiribwa cyane…

Read more

Ntibigucike

Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka

Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka