Kabila ngo si uwa Kabila, arasabirwa igihano cy’urupfu

Abanyamategeko ba Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo(DRC) basabye urukiko rukuru rwa gisirikare guhamya Joseph Kabila ibyaha byo kubeshya ko ari Umunyekongo nyamara ngo ari Umunyarwanda wagambaniye Igihugu cya DRC.

Umushinjacyaha witwa Lucien René Likulia yasabye urwo rukiko guhamya Joseph Kabila ibyaha by’ubugambanyi no kuba mu bashyizeho umutwe(wa M23) ushinjwa guhungabanya umutekano wa DRC, bityo ngo akwiye gukatirwa urwo gupfa.

Abanyamategeko mu rubanza rwa Joseph Kabila uburanishwa adahari bavuga ko yabeshye ko ari Umunyekongo uvuka i Fizi muri Kivu y’Epfo, nyamara ngo ari Umunyarwanda uvuka ku mubyeyi w’Umunyatanzaniya witwa Sifa Mahanya n’Umugabo w’Umunyarwanda batavuga amazina, akaba ngo yari yarahawe izina rya Hypollite Kanambe.

Bavuga ko Joseph Kabila atabyarwa na Laurent Désiré Kabila wabaye Umukuru w’igihugu cya Congo Kinshasa kuva mu 1997-2001 akaza gukurwa ku butegetsi yishwe.

Related Posts

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

Read more

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

Read more

Ntibigucike

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge